Uganda: Umupolisi yishe arashe umwana w’imyaka 13 kuko yatinze kuva mu nzira

Sangiza iyi nkuru

Igipolisi cya Uganda mu Karere ka Butaleja kiri gukora iperereza ku iyicwa ry’umwana w’umunyeshuri w’imyaka 13 bivugwa ko yarashwe n’umupolisi kubera ko yari yarengeje amasaha yo kugera mu rugo.

Uwishwe yitwa Ester Naula, wigaga mu mwaka wa gatanu ku Ishuri ribanza rya Mazimasa warashwe mu ijoro ryo kuwa Gatandatu ushize mu ma saa moya na cumi n’itanu arasiwe mu gasantere ka Nampologoma ubwo yari mu nzira ataha avuye kugura chapatti.

Ukekwaho kumurasa ni umupolisi ukoeera kuri Station ya polisi ya Kachonga bivugwa ko yarashe nyuma y’aho uyu mwana n’abo bari kumwe bageragezaga gucika gutabwa muri yombi. Abandi bari kumwe muri uko kubyigana bacika barakomeretse.

Umwe muri aba witwa Abdrashid Walujjo w’imyaka 21 ari kuvurirwa ku Bitaro by’Icyitegererezo bya Mbale nyuma yo gukura ibikomere bikomeye muri uwo muvundo nk’uko iyi nkuru dukesha Daily Monitor ivuga.

Umuvugizi w’igipolisi muri Bukedi, Moses Mugwe, yemeje aya makuru, avuga ko umupolisi wakoze ibi yatawe muri yombi kandi imbunda yakoresheje n’ibitoyi by’amasasu yarashe byafashwe nk’ibimenyetso azashyikirizwa urukiko vuba.

Umwe mu babonye ibyabaye witwa George Wadangho, yavuze ko uyu mupolisi wishe uyu mwana yari yasinze igihe yarasaga ku bantu kubera ko barengeje amasaha yo kugera mu rugo.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *