Uganda: Umuyobozi muri Islam yamaganye iyicarubozo ku bateye Gen Katumba

Sangiza iyi nkuru

Umuyobozi w’idini ya Islam muri Luwero, hagati mu gihugu cya Uganda, yamaganye iyicwa n’iyicarubozo bavuga ko biri gukorerwa abantu bakurikiranweho kugira uruhare mu gitero cyagabwe kuwahoze ari umugaba mukuru w’ingabo, Gen. Katumba Wamala mu kwezi gushize kigahitana umukobwa we.

Mu ntangiriro z’ukwezi gushize nibwo uyu mukobwa wa Gen Katumba, Brenda Nantongo n’umushoferi we, Haruna Kayondo biciwe mu gitero cy’abantu bitwaje imbunda bari kuri moto ebyiri.

Bamwe mu bakekwa batawe muri yombi baherutse kugaragara mu rukiko rwa Nakawa bafite ibikomere bikomeye ku mibiri yabo ndetse barimo kubivurwa muri Gereza ya Kitalya nk’uko iyi nkuru dukesha The Independent ivuga.

Abo bakekwa baherutse gufatwa n’igipolisi ni ; Muhammad Kagugube, Kamada Walusimbi, Siriman Ayuub Kisambira, Abdulaziz Ramathan Dunku na Habib Ramanthan Marjan.

Igipolisi cya Uganda kandi cyemeje ko cyarashe kikica abandi bane ubwo cyageragezaga kubata muri yombi bakakirwanya.

Mu birori byo kuri uyu wa Kabiri bya Eid Al Adha ku musigiti wa Kigombe, Umuyobozi wa Islam mu Karere ka Luwero, Kadhi Sheikh Ramadhan Mulindwa yamaganye iyicarubozo avuga ko rikorerwa abo bafashwe n’iyicwa ry’abandi avuga ko binyuranyije n’amategeko avuga ko Allah ari yo yonyine ifite ububasha bwo gutwara ubuzima.

Sheikh Mulindwa yasobanuye ko gukorera iyicarubozo abakekwa birangira habayeho kwemera ibyaha babeshya kandi bidashobora kwemerwa mu rukiko, yongeraho ko no kwica abakekwa bibangamira imbaraga za leta mu guta muri yombi abantu bavugwa mu byaha.

Yaboneyeho gusaba abashinzwe umutekano kujya bagaragaza ubunyamwuga mu guta muri yombi abantu bakekwaho ibyaha no kubakuramo ibimenyetso bibashinja ibyo byaha.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *