latest007-pixxx-data.jpg

Uganda: Umwana yiciwe mu kurasana hagati y’abashinzwe umutekano na se watorotse igisirikare

Sangiza iyi nkuru

Igikorwa gihuriweho n’igipolisi n’igisirikare bya Uganda cyari kigamije gufata umusirikare wagitorotse mu Karere ka Kapchorwa kuri uyu wa Gatatu, cyarangiye umwana w’umuhungu w’imyaka 16 akiciwemo mu gihe se, watorotse igisirikare, yatawe muri yombi.

Abayobozi baravuga ko uyu mwana w’umuhungu witwa Timothy yarashwe akaza gupfa ubwo se witwa Kapchekweko, wari ufite imbunda, yarasanaga n’abari bagiye kumufata.
Undi muhungu wa Kapchekweko w’imyaka 15 nawe kandi yakomerekeye muri uko kurasana nk’uko iyi nkuru dukesha Daily Monitor ikomeza ivuga.

Abashinzwe umutekano bari bagiye guta muri yombi kuri uyu wa Gatatu, itariki 24 Gashyantare, Kapchekweko ushinjwa gutoroka igisirikare cya UPDF akajyana n’imbunda.

latest007-pixxx-data.jpg
Umwana umwe wakomeretse

Umuvugizi wa UPDF muri Elgon, Jude Wandera, avuga ko uyu mugabo wari iwe ubwo abashinzwe umutekano bajyaga kumufata, yarashe ku basirikare n’abapolisi bikaba ngombwa ko bamusubiza.

Mu kurasana rero nibwo umuhungu we umwe yarashwe mu nda agapfa bamujyana kwa muganga, naho nyiri ubwite akaba yatawe muri yombi n’imbunda yari yaratorokanye igafatwa nyuma y’aho nawe yari amaze kuraswa ukuguru.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *