Uganda: Uwahoze ari komanda wa polisi muri Kampala arahigwa bukware

Sangiza iyi nkuru

Urukiko rwo mu Mujyi wa Kampala rwasohoye impapuro zo guta muri yombi ASP Aaron Baguma wahoze ari umukuru w’igipolisi muri Kampala bivugwa ko yaba yanahunze igihugu.

Umucamanza Jameson Kalemani akaba yasohoye izi mpapuro kuri uyu wa Kane mu gitondo nyuma y’uko Baguma yangiye kwitaba urukiko aho akurikiranweho ibyaha by’ubwicanyi, gushimuta n’ibyaha bikomeye by’ubujura.

home03pix

Iki cyemezo kandi kikaba cyarafashwe nyuma y’aho uhagarariye leta mu mategeko muri Buganda, Jonathan Muwanganya atangarije ko hatazwi aho Baguma aherereye muri iki gihe.

[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

Muwanganya akaba yarabwiye urukiko ko igipolisi cyabamenyesheje ko cyananiwe kumenya aho Baguma aherereye, kivuga ko baheruka amakuru ye ari kuri station nkuru ya polisi muri Kampala aho yari amaze ukwezi akuwe ku mirimo ye.

Kubw’izi mpamvu nk’uko bitangazwa na Redpepper, umucamanza Kalemani akaba yashyizeho impapuro zo kumushakisha no kumuta muri yombi, aho yasabye umupolisi wese umuca iryera kumufata akagezwa imbere y’ubutabera.

aaaaaabig-703x422
ASP Aaron Baguma

Ibyaha bishinjwa Baguma birimo kugira uruhare mu ishimutwa ry’abantu n’urupfu rw’umucuruzikazi Betty Katushabe.

Uyu Katushabe yitabye Imana kuwa 21 Ukwakira mu mwaka ushize, aho bivugwa ko yapfuye nyuma yo gukorerwa iyicarubozo n’uwitwa Muhammad Ssebuwufu, nyiri ikitwa Pine Car Bond, gicuruza amamodoka, afatanyije na ba basore b’ibigango (bouncers) bashinzwe umutekano. Uyu mugore akaba yarazizwaga kunanirwa kwishyura ideni rya miliyoni 9 z’amashilingi y’imodoka yari yaguze muri iki kigo.

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter

Dennis Ns./Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *