Leta ya Uganda yirukanye Abanyarwanda 35 ku butakwa bwayo ibashinja kuba intasi z’ u Rwanda. Abirukanwe ni abagabo 19, abagore 6 n’abana 10 bakaba bageze ku mupaka wa Mirama/Kagitumba kuwa 6 Ukuboza 2021. Bamwe muri bo bavuga ko babanje gufungwa bagakorerwa n’iyicarubozo mu gihe bandi bamwe bishwe. Aba birukanwe baje biyongera ku yandi magana amaze kwirukanwa muri icyo gihugu bashinjwa kuba intasi mu gihe bo babihakana. Iri yirukanwa rikajije umurego nyuma y’aho u Rwanda na Uganda bigiranye umubano mubi.


