Ugisha inama: Yisohoreraho agitegura umugore we igitsina nticyongere gufata agashyuhe

Sangiza iyi nkuru

Muraho!Ndi umusore w’imyaka 28, maze amezi abiri nshakanye n’umugore wanjye, namushatse ntarakora imibonano mpuzabitsina na rimwe, ariko hari ubwo nashatse kwisuzuma biranga, icyo gihe naterese umukobwa aranyemerera,ariko igitangaje kandi kibabaje ni uko nabaye nkimusoma nko mu minota itanu mba nisohoreyeho kandi igitsina cyanjye cyanga kongera guhaguruka, nka nyuma y’isaha umukobwa yarongeye aremera ngo ngerageze amahirwe birongera biba kwa kundi.
Naho nshakiye umugore ni uko bimeze rwose, sinzi niba ari ibyo banteje, niyo ngerageje ngo ntere akabariro ntabanje kumutegura nyigezamo nkahita nsohora mu masegenda make cyane, None se naba ndi muzima?
None se niba ndi muzima nabikosora nte?Mfite ubwoba kuko ntekereza ko umugore wanjye azajya ansha inyuma kubera kumupfubya kuko mu mezi 2 yose nzi neza ko nta munsi n’umwe yari yanyurwa ngo nawe abe yarangiza, tubiganiraho nkabona arashavuye cyane.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Bwiza.com
 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *