Uko ruswa ihagaze mu bihugu bya EAC

Sangiza iyi nkuru

Raporo kuri ruswa ‘Corruption Perceptions Index 2019’ y’Umuryango Mpuzamahanga wo kurwanya Ruswa n’akarengane(Transparency International), yerekana ko ibihugu byinshi byasubiye inyuma mu kurwanya ruswa, aho ibihugu bimwe bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba(EAC) byo byazamutse mu manota ariko bikaguma inyuma ku rutonde.

Muri raporo y’uyu muryango ikorwa buri mwaka,iheruka ya 2019 yagaragake ko ruswa ikomeje gukwira ku isi aho usanga ibihugu bimwe na bimwe bishyira imbere abaturage bafite amikoro n’aho abakene bagakandamizwa hatitawe ku kuri kwabo.

Raporo yashyize ahagaragara ibihugu 180 ku isi,igendeye ku buryo ruswa ihagaze mu nzego zikorera,abaturage babajijwe muri ibyo bihugu ndetse n’impuguke mu bushakashatsi.

U Rwanda mu bihugu bigize EAC ni urwa mbere,rukanaba ku mwanya wa 51 ku isi mu gihe muri 2018 rwari ku mwanya wa 48.

Igihugu cya Tanzania ni icya kabiri muri EAC,kikaba icya 96 ku isi mu gihe mu mwaka wa 2018 cyari ku mwanya wa 99.

Kenya iza ku mwanya wa gatatu muri EAC,ikanaba iya 137 ku isi mu gihe mu mwaka ushize yari ku mwanya wa 144.

Uganda ni iya kane muri EAC,ikaba iya 137 ku isi mu gihe muri 2018 yari iri ku mwanya wa 149.

U Burundi buri ku mwanya wa gatanu muri EAC,ni ubwa 165 ku isi buvuye ku mwanya wa 170 bwari buriho mu mwaka wa 2018 muri raporo yabanje.

Sudani y’Epfo ni iya nyuma muri EAC ndetse no ku isi iza mu myanya ibiri ya nyuma kuko ikurikirwa na Somalia gusa. Sudani y’Epfo ifite amanota 12% mu gihe Somalia yo ifite 9% gusa.

Ku mugabane wa Afurika, Seychelles niyo iza imbere n’amanota 66%, igakurikirwa na Botswana61%, hakaza Cap Verde ifite 58% naho uRwanda rufite amanota 53% rukurikirwa na Mauritius ifite amanota 52%.

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

  1. Uko ruswa ihagaze mu bihugu bya EAC
    Muzatubwire mu Rwanda uko ihagaze ariko mwibanda ku nzego zitandukanye z’abikorera n’ibigi bya Leta.gusa turashima intambwe igenda iterwa mu guhashya iyo mburagasani ya ruswa nubwo yihindagura nk’uruvu

  2. Uko ruswa ihagaze mu bihugu bya EAC
    Muzatubwire mu Rwanda uko ihagaze ariko mwibanda ku nzego zitandukanye z’abikorera n’ibigi bya Leta.gusa turashima intambwe igenda iterwa mu guhashya iyo mburagasani ya ruswa nubwo yihindagura nk’uruvu

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *