Uko u Bwongereza bwatengushye amagana y’abasemuriye ingabo zabwo muri Afghanistan

Sangiza iyi nkuru

Ikinyamakuru The Times giherutse gutangaza ko amagana y’abasemuzi bafashije ingabo z’u Bwongereza mu gihe bari muri Afghanistan ubu bari mu bwihisho muri iki gihugu kiyobowe n’Abatalibani, bategereje abatabazi.

Aba basemuzi basemuriraga ingabo z’u Bwongereza zabarizwaga mu butumwa bw’umuryango NATO mu gihe zari zihanganye n’Abatalibani bamaze imyaka 20 (2001-2021) bashaka gukuraho ubutegetsi batavugaga rumwe.

Ibihe byakomereye aba basemuzi mu mwaka w’2021 ubwo Leta zunze ubumwe za Amerika n’u Bwongereza byafataga icyemezo kidakuka cyo gucyura ingabo zabyo zabaga muri Afghanistan.

Tariki ya 21 Kanama 2023, Abatalibani barwanaga inkundura bari bamaze kugera ku ngoro y’uwahoze ari Perezida wa Afghanistan, Ashraf Ghani, mu murwa mukuru, Kabul, basesa ubutegetsi bwariho, bashyiraho ubwabo.

USA, u Bwongereza n’ibindi bihugu byari bifite abenegihugu muri Afghanistan byatangiye kubacyura bwangu, abakozi b’imiryango mpuzamahanga baracyurwa, abandi barahungishwa, kimwe n’abari bafite ijambo rikomeye muri iki gihugu bashoboraga kwicwa n’Abatalibani.

Gusa, bamwe mu basemuzi bafashije ingabo z’u Bwongereza mu migendekere myiza y’itumanaho muri iki gihugu, haba mu mibanire n’abantu baho no mu gutegura ibitero cyangwa gukumira iby’Abatalibani bisa n’aho batatekerejweho cyane. Abandi babishoboye, barahunze babyifashije.

Mbere y’uko Abatalibani bafata ubutegetsi, muri Kamena 2021, Minisiteri y’ingabo y’u Bwongereza yari yaratangaje ko izafasha izahungisha abiganjemo abasemuzi benshi bayifashije. Ni mu gihe bagaragazaga ko nibadafashwa hakiri kare, no gupfa bazapfa.

Icyo gihe, Ben Wallace wari Umunyamabanga wa Leta ushinzwe ingabo yagize ati: “Mu gihe ducyura ingabo zacu, ni ngombwa cyane ko twongera umubare w’abafite ibyago byo kuzagirirwa nabi.” Nk’uko byatangajwe na New York Times, yongereyeho ko u Bwongereza bubarimo umwenda ukomeye bugomba kubishyura.

Ibibazo by’aba basemuzi byiyongereye ubwo muri Nzeri 2021, hasohotse mu buryo bwatunguranye za imeyili (emails) z’abarenga 250 muri bo, kandi harimo n’iz’abakiri mu bwihisho muri Afghanistan. Minisiteri y’ingabo icyo gihe yasobanuriye BBC ko hatangiye iperereza kugira ngo hamenyekane abazishyize hanze kandi ko hari gukorwa ibishoboka kugira ngo abamenyekanye batabarwe.

Muri Gashyantare 2023, ikinyamakuru The Guardian cyibukije ko aba basemuzi bakiri mu bwihisho muri Afghanistan, bategereje ubufasha guverinoma y’u Bwongereza yabasezeranyije.

Tobias Ellwood ukuriye komite y’abashingamategeko yashinzwe kugenzura ihungishwa ry’abafashije ingabo z’u Bwongereza muri Afghanistan icyo gihe yanenze uburyo igikorwa cyadindiye. Ati: “Kuri ba Afghans bafashije u Bwongereza n’ingabo zabwo muri Afghanistan, inzozi mbi ziri kure yo kurangira.”

Uyu mushingamategeko yakomeje agira ati: “Bafite ibyago byo kugirirwa nabi nk’ingaruka zo kuba barafashije misiyo y’u Bwongereza. Ntabwo twahindura ibyabaye muri Kanama 2021 ariko dufitiye ideni ba Afghans bashyize ubuzima bwabo mu kaga kugira ngo badufashe, kugira ngo bifashe kandi bafashe imiryango yabo kubona umutekano.”

Imyaka ibaye ibiri abasemuzi babarirwa mu magana bakiri muri Afghanistan, barabuze ubafasha. Gusa Umuvugizi wa guverinoma y’u Bwongereza ku wa 28 Kanama 2023 yatangaje ko nk’uko bafashije aba Afghans bagera ku 24.600 bakagera muri iki gihugu, n’abandi bazafashwa.

Uyu Muvugizi yagize ati: “Dukomeje gukora cyane kugira ngo dufashe abafatanyabikorwa bacu b’aba Afghan. Harimo uburyo bwo gukura abantu muri Afghanistan n’ahandi, tubarinda ibibazo biriho n’ubwoba bwo kwamburwa ubuzima batewe n’Abatalibani, hamwe no gukorana n’Umuryango w’Abibumbye, abafatanyabikorwa duhuje imyumvire hamwe n’ibihugu bituranye na Afghanistan.”

Guverinoma y’u Bwongereza iravuga ko kuva muri Mutarama 2022 kugeza muri Werurwe 2023 yari imaze gukoresha amapawundi miliyoni 15.7 mu gikorwa cyo kwishyurira amacumbi ya hoteli abavuye muri Afganistan bahungishirijwe mu mahanga.

Soma Izindi Nkuru

One Response

  1. Uko u Bwongereza bwatengushye amagana y’abasemuriye ingabo zabwo muri Afghanistan
    Abo bazakanirwe urubakwiye batatiye igihango bishinga abanyamahanga none baratsinzwe.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *