Uko waba usa kose, twese turi abantu_Jackie Chan

Sangiza iyi nkuru

Umukinnyi w’imikino njyarugamba wamamaye muri filimi zitandukanye, Jackie Chan yahamagariye Isi kurwanya ivangura n’ihohoterwa rishingiye ku ibara ry’uruhu, avuga ko nta shingiro rifite mu gihe “twese turi abantu”.

Ni ubutumwa yatangarije ku rukuta rwe rwa Facebook kuri uyu wa 23 Werurwe 2021.

Jackie Chan yagize ati: “Ibara ry’uruhu iryo ari ryo ryose waba ufite, twese turi abantu. Duhagaze twemye turwanya ivangura. Duhagaze twemye turwanya ihohoterwa. Turasaba abantu kudufasha guharanira amahoro, ubuntu n’urukundo. Twese dukwiriye kubigiramo uruhare, abandi bakadukurikiza.”

Iki cyamamare gikomoka muri Hong Kong mu Bushinwa gitanze ubu butumwa mu gihe ku Isi hakomeje kugaragara bamwe bakibaswe n’ivangura rishingiye ku ruhu, mu bikorwa bya buri munsi bitandukanye; bikagira ingaruka zirimo imfu, ihohoterwa ndetse n’amakimbirane adashira.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *