Ukraine irigamba guhanura Sukhoi-34 z’u Burusiya

Sangiza iyi nkuru

Igisirikare cya Ukraine ku wa Gatanu cyigambye guhanura indege eshatu zo mu bwoko bwa Sukhoi-34 z’Igisirikare cy’u Burusiya.

Ukraine ivuga ko izi ndege yazihanuriye mu karere ka Kherson, nk’uko igisirikare cyayo kirwanira mu kirere cyabitangaje.

Perezida Volodymr Zelensky na we yashimagije abasirikare bahanuye izo ndege.

Zelensky mu ijambo ageza ku banya-Ukraine buri joro, yavuze ko guhanura izo ndege bizatuma abapilote b’Abarusiya batera Ukraine bamenya ko “nta numwe utazahanwa”.

Yavuze kandi ko yavuganye na Minisitiri w’Intebe, Mark Rutte w’Ubuholandi ku ndege z’intambara za F-16 bazaboherereza, hamwe n’ubufasha bushya bw’Ubumwe bw’Uburayi.

Uburusiya ntacyo buravuga ku kubura ziriya ndege, gusa urubuga Fighterbomber rwandika ku ntambara rukaba mu zikomeye mu Burusiya rwavuze ko hari indege z’intambara zaburiwe irengero.

Uru rubuga rwavuze ko izi ndege zishobora kuba zahanuwe na misile za Patriot zikorerwa muri Amerika.

Aba bongeyeho ko abarokotse n’abapfuye bose babonetse.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *