Ukraine irigamba kurohamisha Sous-marin y’u Burusiya muri Crimea

Sangiza iyi nkuru

Igisirikare cya Ukraine kivuga ko cyagabye igitero kandi kigasenya ubwato bw’u Burusiya bugendera munsi y’amazi mu gihe bwari buparitse ku cyambu kiri mu gace ka Crimea kigaruriwe .

Ku wa Gatanu, abakozi bakuru ba Ukraine bavuze ko Rostov-on-Don, ubwato bwo kugaba igitero bugendera munsi y’amazi (Sous-marin) Batangiye gukoreshwa mu 2014, bwarohamye nyuma yo kugaba igitero cya misile ku mujyi wa Sevastopol uri ku cyambu.

Bivugwa ko bwari bumwe mu mato ane agendera munsi y’amazi yakoreshwaga n’u Burusiya ashobora kohereza misile za Kalibr nk’uko tubikesha BBC.

Minisiteri y’ingabo y’u Burusiya ntacyo iratangaza. Abayobozi i Kyiv bavuze ko iki gitero cyanasenye uburyo bune bwo kurinda ikirere bwa S-400 burinda Umujyi wa Crimea, u Burusiya bwigaruriye mu buryo butemewe n’amategeko mu 2014.

Abashinzwe iperereza mu Bwongereza bavuze ko muri Nzeri 2023, Rostov-on-Don “ishobora kuba yarangiritse cyane” mu gitero cya misile ubwo yari irimo kubungabungwa mu ruganda rw’amato rwa Sevastopol.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *