Minisiteri y’ingabo ya Ukraine yemeje ko yamaze kwigarurira intara ya Kyiv yose iherereyemo umurwa mukuru wayitiriwe, nyuma y’imirwano ikaze imaze iminsi hagati yazo n’iz’u Burusiya.
Minisitiri w’ingabo wungirije wa Ukraine, Hanna Malyar, yabitangarije kuri rubuga rwa Facebook kuri uyu wa 2 Mata 2022 nk’uko Al Jazeera ibivuga. Yagize ati: “Intara ya Kyiv yose yakuwe mu maboko y’abavogezi.”
Iki kinyamakuru kivuga ko ingabo z’u Burusiya zavuye muri iyi ntara zerekeza mu burasirazuba bwa Ukraine, gusa Leta ya Ukraine ikabashinja gusiga bishe abasivili benshi, aho ngo babateze ibisasu bitabwa mu butaka bizwi nka ‘mine’.
Byatumye nko mu karere ka Bucha, abasirikare ba Ukraine bakura imirambo y’abasivili yari myinshi mu mihanda bifashisha insinga mu kuyikuramo mu rwego rwo kwirinda ko na bo bahaburira ubuzima mu gihe yaba yatezwemo ibisasu.
Babishingiye ku makuru bari bahawe na Perezida Volodymyr Zelensky wagize ati: “Hari za mine mu butaka hose. Inzu zatezwe, ibikoresho byatezwe, ndetse n’imibiri y’abapfuye yatezwe.”
Meya wa Bucha, Anatoliy Fedoruk yatangaje ko bamaze kubarura abasivili 280 bishwe barashwe n’ingabo z’u Burusiya. Ati: “Aba bose bararashwe, bicirwa mu mutwe inyuma.”
Ingabo z’u Burusiya ziravugwaho kwerekeza mu ntara ya Donbas irimo uturere twa Donetsk na Luhansk zishyigikiye ko twaba Leta zigenga, tukiyomora kuri Ukraine. Zo ntacyo zirabivugaho.



2 Responses
Ukraine yemeza ko yirukanye ingabo z’u Burusiya muri Kyiv yose, nyuma y’imirwano ikaze
Russia ibaye tigre en carton?
Ukraine yemeza ko yirukanye ingabo z’u Burusiya muri Kyiv yose, nyuma y’imirwano ikaze
Russia ibaye tigre en carton?