Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko abantu babarirwa muri 20 ari bo biciwe mu gitero cya drone cyagabwe ku isoko rya Mushaki muri Teritwari ya Masisi, mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu gihe abandi 57 bagikomerekeyemo.
Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka mu itangazo yasohoye ku wa Gatanu tariki ya 8 Gicurasi, yavuze ko icyo gitero cyagabwe hagati ya saa cyenda n’iminota 45 na saa kumi n’iminota 25 z’umugoroba, kigabwa n’ihuriro ry’Ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta ya Congo Kinshasa.
Yavuze ko mu baguye muri icyo gitero harimo abagore, abana ndetse n’abandi baturage b’abasivili, ashimangira ko ari “icyaha cy’intambara n’icyaha cyibasiye inyokomuntu.”
Igitero cy’i Mushaki kiriyongera ku bindi byinshi ingabo za Leta ya RDC zimaze igihe zigaba mu duce tugenzurwa na AFC/M23, kuva mu ntangiriro za Gicurasi 2026.
Birimo ibyagabwe mu gace ka Gankenke ko mu Minembwe, ku wa 8 Gicurasi 2026.
Ku wa 7 Gicurasi 2026 saa saba n’iminota 20 z’amanywa, AFC/M23 yavuze ko ingabo za Leta ya Kinshasa zarashe ibisasu i Kalenga muri Teritwari ya Masisi, bikaviramo abaturage gutakaza ubuzima ndetse abandi benshi bagahunga.
Ku wa 4 Gicurasi 2026, hagabwe ibitero mu gace ka Lumbishi no mu nkengero zako muri Teritwari ya Kalehe, mu gihe ku wa 3 Gicurasi 2026, Lumbishi, Rutare n’utundi duce tuhakikije na bwo twagabweho ibitero bikomeye.
AFC/M23 yanavuze ko ku wa 2 Gicurasi 2026, i Rugezi muri Minembwe na ho hagabwe ibitero bya drone byahitanye abaturage benshi ndetse bigateza kwimurwa kw’abaturage ku bwinshi.
Iri huriro ryashinje ubutegetsi bwa FĂ©lix Tshisekedi “gukomeza kurenga ku masezerano y’agahenge no kugaba ibitero ku baturage bo mu duce igenzura”, rishimangira ko ridashobora gukomeza kurebera ibitero bigabwa ku baturage ndetse no ku birindiro byaryo.
AFC/M23 kandi yashimangiye ko ifite uburenganzira bwo kwirwanaho no kurinda abasivili.


