Muri Nzeri 2024, yakatiwe n’urukiko rwa gisirikare muri Congo urwo gupfa, hamwe n’abandi bareganwaga bagera kuri mirongo itatu, kubera uruhare yashinjwaga kugira mu ihirika ry’ubutegetsi ryapfubye. We yakomeje kwemeza ko ari umwere.
Komite ishinzwe kumushyigikira mu itangazo ryayo yagize iti: “Mu butumwa bwinshi buherutse, abantu bamutangarije ko biyemeje ‘kumurangiza”. Jean-Jacques Wondo ndetse ntabwo ari we wenyine unenga ubutegetsi uri mu Bubiligi uri guterwa ubwoba na Guverinoma ya Kinshasa. Vuba aha, umunyamakuru w’Umunyekongo, Pero Luwara, yagabweho igitero arakomeretswa ari mu Karere ka Flanders. Iki gitero cyabaye nyuma y’amezi make Minisiteri y’Ubutabera ya Congo isohoye itangazo isezeranya igihembo cya miliyoni 4 z’amadolari y’Amerika ku makuru yose azatuma atabwa muri yombi.
Jean-Jacques Wondo na komite ishinzwe kumushyigikira barahamagarira abategetsi b’u Bubiligi kumenyesha Perezida Tshisekedi ko u Bubiligi ari igihugu kigengwa n’amategeko kandi ko umurongo utukura warenzwe nk’uko iyi nkuru dukesha RTBF ivuga.
Abategetsi ba Congo bateye utwatsi ibyo birego
Abategetsi ba Congo basubije iki kirego bavuga ko ntaho bahuriye n’iri terabwoba, bemeza ko ari ibikorwa by’umuntu ku giti cye: “Turashaka kwerekana ko abayobozi ba DRC ntaho bahuriye mu buryo ubwo aribwo bwose n’ibikorwa nk’ibyo. Abenegihugu bacu bose ku butaka bw’u Bubiligi, hatitawe ku ibara ryabo rya politiki, bafite uburenganzira bwo kurindwa n’ubwisanzure nk’uko biteganywa n’Itegeko Nshinga ry’igihugu cyabakiriye. Tugurikiza kandi dukomeje kwiyemeza kugendera ku mategeko.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bubiligi yamaganye iryo terabwoba ryo kwicwa
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Maxime Prévot, yamaganye iterabwoba ryo kwicwa rishyirwa kuri Jean-Jacques Wondo.
Minisitiri PrĂ©vot yagize ati: “Ihohoterwa iryo ari ryo ryose n’iterabwoba iryo ari ryo ryose ryibasira umuntu kubera ibitekerezo bye biramaganwe rwose kandi ntibyemewe.”
Yakomeje agira ati: “U Bubiligi bwashyizemo imbaraga nyinshi ahashize kugira ngo Bwana Wondo agire ubuzima bwiza kandi arekurwe nyuma y’ifungwa rye muri DRC. Ntawabura kuvuga ko tuzakomeza gukurikiranira hafi uko amerewe. Icyakora, ubu iki ni ikibazo kireba ubutabera. Iperereza rizagaragaza ababiri inyuma ndetse n’abategetse iterabwoba nk’iryo n’ibikorwa nk’ibi.”
Prévot yongeyeho ko ibibazo by’uburenganzira bwa muntu, harimo no kubahiriza ubwisanzure mu gutanga ibitekerezo, biri mu ngingo zizaganirwaho na DRC. Izi ngingo kandi ngo zanaganiriweho mu nama Minisitiri Prévot aherutse kugirana n’abayobozi ba Congo.


