Umugabo w’Umushinwa yagaragaye arya igikireri kizima yari asanze mu isoko rigurishirizwamo inyamaswa zo kurya nzima.
Amashusho yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga, agaragaraza uyu mugabo afashe igikeri akirya agihereye ku mutwe, nyuma akarya n’ibyo mu nda.
Abari aho n’ubwo Abashinwa bamenyerewe kurya inyamaswa zimwe na zimwe, bari batangaye ahubwo batangira kwifatira amashusho.
Aya mashusho atarenza amasegonda 57 agaragaza umugabo ukiri muto ari kuruma igikeri ari nako nacyo cyinyagambura, gishaka kumucika.
Kuba abari muri iri soko batangariye uyu mugabo bakamufata nk’amashusho, ni uko bishoboka ko bidasanzwe ko umuntu yagura igikeri akakirya ari kibisi kandi akabikorera mu ruhame.


