Umugande Brian Majwega yatangiye igeragezwa muri Rayon Sports

Sangiza iyi nkuru

Umukinnyi w’Ikipe y’Igihugu cya Uganda, Brian Majwega yatangiye igeragezwa muri Rayon Sports nyuma yo gukinira amakipe akomeye muri Afurika y’Iburasirazuba nka KCCA yo muri Uganda, AZAM FC na Simba SC zo muri Tanzania.

Ku wa Gatatu tariki 21 Ugushyingo 2018, nibwo uyu mukinnyi usatira aciye ku ruhande rw’ibumoso yageze mu Rwanda, atangira imyitozo muri Rayon Sports aho yahawe igeragezwa ry’iminsi 10 n’ubuyobozi bw’iyi kipe.

Majwega yageze mu Nzove aho Rayon sports ikorera imyitozo, ahabwa umwanya arakina. yiyongereye ku bandi bari mu igeragezwa barimo na Ndatimana Robert.

[penci_related_posts taxonomies=”undefined” title=”Inline Related Posts” background=”” border=”” thumbright=”no” number=”4″ style=”grid” align=”none” displayby=”recent_posts” orderby=”random”]

Nyuma y’imyitozo Brian Majwega yabwiye itangazamakuru ko yahamagawe n’abashinzwe gushakira Rayon Sports abakinnyi.

Yagize ati “Kugeza ubu si ndasinya ariko nahamagawe n’umwe mu bagize ubuyobozi bwa Rayon Sports ngo nze mu myitozo, yambwiye ko naza nkakora imyitozo nkakina umukino wa gicuti uri mu mpera z’iki cyumweru, umutoza yanshima nkasinya amasezerano muri.”

Uyu mukinnyi yatangiye gukina mu 2009, ubwo yazamukaga muri KCCA yo muri Uganda yakiniye kugera 2013, yayivuyemo ajya muri AZAM FC.

Mu 2014 yayivuyemo ajya muri Simba SC, yakiniye umwaka umwe asubira muri KCCA mu 2015, yakiniye kugera muri Kanama uyu mwaka ubwo amasezerano ye yarangiraga ariko iyi kipe ntimwongerere andi.

Majwega yemeza ko yakiniye Uganda Cranes imikino 32 akayitsindira ibitego bitandatu.

Magw
Magweja yakiniye ikipe ya Uganda imikino 32

 

Paul Mugabe/Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *