Umugore wa Seif yavuze ko yari amaze ibyumweru bibiri mu gasozi

Sangiza iyi nkuru

Umugore wa Niyonzima Olivier ‘Seif’, Mushambokazi Belyse, yavuze ko mbere y’uko umugabo we yirukanwa na APR FC yari amaze ibyumweru bibiri atazi aho aba.

Ejo ku wa Gatatu tariki ya 04 Kanama ni bwo APR FC yirukanye Seif waherukaga kongera amasezerano y’imyaka ibiri azira imyitwarire mibi.

APR FC mu itangazo yanyujije ku rubuga rwayo yavuze ko Niyonzima Olivier usanzwe ukina hagati mu kibuga yazize kuba atarigeze na rimwe atanga amashusho ya raporo y’imyitozo abakinnyi b’iriya kipe bamaze ibyumweru bibiri bakorera iwabo mu ngo.

Uretse kudatanga iriya raporo, ikinyamakuru IGIHE cyatangaje ko umugore w’uyu mukinnyi yabwiye ubuyobozi bwa APR FC ko umugabo we yari amaze ibyumweru bibiri atazi aho aba, ari na byo byatumye ubuyobozi buhitamo kumwirukana ikitaraganya.

Amakuru kandi avuga ko ubwo Seif yabwirwaga na APR FC ko akenewe kugira ngo amenyeshwe ko yirukanywe, yavuze ko ari mu nzira ava i Rubavu.

Inshuti ya hafi y’uyu mukinnyi yo yatangaje ko impamvu atakoraga imyitozo ari uko atigeze ahabwa amafaranga abarirwa muri Frw miliyoni 20 yemerewe na APR FC ubwo yongeraga amasezerano.

Kugeza ubu ntacyo Niyonzima Olivier aratangaza ku iyirukanwa rye.

Cyakora cyo uyu musore si bwo bwa mbere avuzweho imyitwarire mibi, kuko no mu minsi ishize APR FC yigeze kumuhagarika nyuma yo gusohoka mu mwiherero wayo akawugarukamo mu gicuku yasinze, gusa nyuma y’igihe gito aza guhabwa imbabazi.

Amakuru avuga ko Seif nyuma yo kwirukanwa na APR FC ari mu biganiro na Rayon Sports yahoze akinira mbere yo kuyivamo muri Nyakanga 2019 yerekeza muri iriya kipe y’Ingabo z’igihugu.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

14 Responses

  1. Umugore wa Seif yavuze ko yari amaze ibyumweru bibiri mu gasozi
    Nonese rayon niyo barundamwo abataye indero
    koko

    ubundise ubwo uwo mugorewe ni bwokoki wabuze umugabo akajya gutanga amakuru kukazi bikamuviramwo gutakaza akazi ahaaaa ibyiyisi ni danger ???? ka ngenisomera nkomeze numirwe????????

  2. Umugore wa Seif yavuze ko yari amaze ibyumweru bibiri mu gasozi
    Nonese rayon niyo barundamwo abataye indero
    koko

    ubundise ubwo uwo mugorewe ni bwokoki wabuze umugabo akajya gutanga amakuru kukazi bikamuviramwo gutakaza akazi ahaaaa ibyiyisi ni danger ???? ka ngenisomera nkomeze numirwe????????

  3. Umugore wa Seif yavuze ko yari amaze ibyumweru bibiri mu gasozi
    arikowamugorewe wabuze ubwenge? ukajyana umugabowawe mwitangazamaku? bizakugorape! urugo nurwababirigusa surwo abantubenshi

  4. Umugore wa Seif yavuze ko yari amaze ibyumweru bibiri mu gasozi
    arikowamugorewe wabuze ubwenge? ukajyana umugabowawe mwitangazamaku? bizakugorape! urugo nurwababirigusa surwo abantubenshi

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *