Umugore witwa Rukaya yishwe n’abantu bamuziza ko yanze kubereka inzira ijya kwa David

Sangiza iyi nkuru

Umugore witwa Rukaya Awudu, yishwe n’abagabo babiri bamuryoza ko yanze kubereka inzira igana ku rugo rw’uwitwa David kuri uyu wa Kabiri mu gace ka Bawku mu gace ka Upper muri Ghana.

Itsinda ryitwa Concerned Women of Bawku rivuga ko Rukaya yishwe n’abagabo babiri kugeza ubu bataramenyekana.

Radiyo Star FM yo muri Ghana ivuga ko nyakwigendera yabajijwe n’abamwishe niba yabarangira inzira igana ku rugo rw’uwitwa David, we yanga kubibabwira, bahita bamwica. Ntiharamenyekana impamvu bashakaga kujya mu rugo rw’uwo mugabo.

Avugana n’itangazamakuru, umuyobozi wa Concerned Women of Bawku, Poanab Elizabeth Azonko, yasabye ko abakoze ibi batabwa muri yombi, bakagezwa mu butabera.

Ibinyamakuru byo muri Ghana bimaze iminsi bivuga ko hari rwaserera yadutse ubwo habagaho ukutavuga rumwe ku muntu ugomba kuyobora ako gace.

Bivugwa ko kuwa 27 Ukuboza 2021, habaye ukurasana kwaguyemo umwe, abandi benshi bagakomereka. Ni ingingo yatumye Leta ishyiraho amasaha y’umukwabu muri ako gace.

Inama y’igihugu muri Ghana, The National Peace Council of Ghana (NPC) yamaganye ibi bikorwa, isaba ko habaho ituze nk’uko umuyobozi wayo, Rev. Ernest Adu Gyamfi yabitangaje.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *