Polisi yo mu mujyi wa Harare muri Zimbabwe yataye muri yombi Amanda Chizanga Chakanyuka, w’imyaka 26, nyuma yo gushimutira uwahoze ari umukunzi we, Linos Gapanga, w’imyaka 38, amuhatira gukora imibonano mpuzabitsina idakingiye ku mpamvu bivugwa ko ari “ugukuraho imigenzo mibi y’ubupfumu.”
Nk’uko bitangazwa n’ibinyamakuru byo muri Zimbabwe, Amanda yagiye kwa Linos mu gace ka Glen View ku wa Gatandatu tariki 12 Nyakanga 2025, ari kumwe n’abandi bagabo batanu bataramenyekana, baramushimuta bamujyana ku amacumbi ya Machipisa Pink Lodge.
Gapanga yavuze ko yakubiswe, agashyirwa mu cyumba Amanda yari arimo, maze agahatirwa gukorana imibonano na we. Nyuma y’ibyo, ngo bamutwaye amafaranga $142 n’amakarita ya banki.
Polisi yemeje ko Amanda yatawe muri yombi, ariko abo bagabo batanu baracyashakishwa. Uwakorewe ihohoterwa yajyanywe ku bitaro bya Sally Mugabe Hospital, aho yagaragaje ibikomere ku maso no ku mbavu. Ubu arasaba ubutabera.
Iki kibazo cyateje impaka ndende ku mbuga nkoranyambaga, bamwe bakibona nk’ihohoterwa rishingiye ku myemerere ya gipfumu.


