Kubera imvura nyinshi yateye inkangu ahitwa Kitabi, polisi yatangaje ko umuhanda Nyungwe- Nyamasheke ubu utari nyabagendwa.
Polisi mu itangazo ryayo yagiriye abantu inama yo gukoresha umuhanda Kigali- Muhanga- Karongi-Nyamasheke.

Yongeyeho ko hari abapolisi bahari kugira ngo babayobore.


