Televiziyo ya Iran imaze gutangaza ko umuhanga wafashaga igihugu cyane mu gukora intwaro kirimbuzi, Mohsen Fakhrizadeh-Mahabadi, yishwe arashwe kuri uyu wa 27 Ugushyingo 2020.
Ibitangazamakuru nka Jerusalem Post bivuga ko Mohsen agabweho igitero n’uwitwaje intwaro utaramenyekana, ubwo yari mu modoka hafi y’umurwa mukuru, Tehran.
Imodoka Mohsen yarasiwemo
Ngo akimara kuraswa, yahise yihutishirizwa ku bitaro, ariko abaganga ntibashoboye kurokora ubuzima bwe kuko nyuma y’iminota mike yahise apfa.
Ibiro bya Minisiteri y’Ingabo nabyo byemeje aya makuru, bigira biti: “Umuhanga mu bya nikeleyeri, Mohsen Fakhrizadeh uyu munsi yishwe n’abagizi ba nabi.”
Uyu muhanga ni we wa mbere leta ya Iran yitabazaga mu mishinga itandukanye yo gucura intwaro kirimbuzi, ziyigira kimwe mu bihugu bikanganye ku Isi.
Yabaye umwe mu basirikare bakomeye mu gisirikare cya Iran, yigisha n’isomo ry’ubugenge muri Kaminuza ya Hussein iri muri Tehran.


