Umuhanuzi wo mu Buhinde witwa Astro Sharmistha byatangajwe ko yari amaze igihe ahanuye ibyago bikomeye mu bijyanye n’indege muri uyu mwaka wa 2025, mbere y’uko indege ya Air India ihitana abantu benshi.
Uyu muhanuzi yari yarabwiye abamukurikira ku mbuga nkoranyambaga ko “2025 izagira inkuru zibabaje zijyanye n’ihanuka ry’indege.” Mu cyumweru gishize, yongeye kwibutsa ko ibyo yari yahanuye bishobora kuba vuba.
Iyi mpanuka yabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa kane, ubwo indege yo mu bwoko bwa Boeing 787 Dreamliner yavaga muri Ahmedabad ijya London yahanukaga nyuma y’iminota mike ihagurutse.
Indege yari itwaye abantu 242, barimo Abanyaburayi 53, Abahinde 159, Abanya-Portugal barindwi, Umunyakanada umwe, ndetse n’abana 11 barimo impinja ebyiri. Kugeza ubu, inzego z’ubutabazi zifatanyije n’ingabo zimaze gukura imibiri 204 ahabereye impanuka, abandi benshi bakaba bagikomeje gushakishwa.


