Umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda, Col. Dr. Kizza Besigye yarakaje umuhungu wa Perezida Museveni, Lt. Gen. Muhoozi Kainerugaba mu buryo bukomeye, ku buryo yananiwe kubyihanganira maze amusaba kumurekera umugore.
Tariki ya 3 Ukuboza 2020, ni bwo Dr. Besigye yibasiye umugore wa Gen. Kainerugaba, Charlotte Kainerugaba n’umuvandimwe we, Ishta Muganga; ngo “bene Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Hon. Sam Kutesa.”
Dr. Besigye yagaragaje ko Charlotte na Ishta baba barunguwe n’icyorezo cya Covid, babinyujije muri Farumasi yabo yitwa Silverbacks Ltd, yahawe isoko ryo kugura no gushyira (install) imashini zitanga umwuka wa ‘oxygen’ mu bitaro bya Mulago na Entebbe, rifite agaciro ka miliyari 6.4 z’amashilingi ya Uganda.
Besigye yavuze byageze tariki ya 30 Kamena 2020 iyi Farumasi yaramaze guhabwa amafaranga yose akenewe, ariko bigera muri Nzeri 2020 itarakora imirimo ikubiye mu masezerano nk’uko raporo ya Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi yitwa ‘Covid-19 Interventions Report’ ibyerekana.
Ati: “Abizerwa muri NRM/M7 bungukiye muri Covid-19, Abagande bahura n’ikibazo cy’ubuzima n’ubukungu, abanyeshuri baraheze mu rugo kuva muri Werurwe…abarimu benshi badahembwa kuva Guma mu Rugo yatangira, ishoramari rito ryarahagaze…”
Gen. Kainerugaba yarakaye
Gen. Kainerugaba amaze kubona ubu butumwa buhekeranye kuri uyu wa 6 Ukuboza 2020, yibukije Dr. Besigye ko ubusanzwe amwubaha kuva kera, amubuza kwibasira umugore we.
Ati: “Colonel Besigye, ntiwari umwizerwa ubwo wazanaga na Muzehe Museveni mu 1985 mu rugo rwacu muri Swede. Uru umwe mu bantu bacu bakuze, kandi turabikubahira.”
Gen. Kainerugaba yasabye Dr. Besigye kureka kwibasire umugore we, ati: “Niba ushaka kunyibasira, ndahari. Ndekera umugore.”
N’ubwo Gen. Kainerugaba yabujije Dr. Besigye kwibasira umugore we, we yatangaje ko ibi yagaragaje atari ibye, ahubwo ari ukuri kuri muri raporo yatangajwe na Guverinoma ya Uganda.


