Joseph Kabila Kabange wahoze ari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yahuye mu ibanga na Olegun Obasanjo wahoze ari Perezida wa Nigeria.
Obasanjo asanzwe ari Hailemariam Desalegn wabaye Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia na Uhuru Kenyatta wayoboye Kenya, mu kwezi gushize bagizwe abahuza mu biganiro bya Luanda na Nairobi byahurijwe hamwe, bigamije gushakira amahoro uburasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’akarere muri rusange.
Amakuru y’umuhuro we na Joseph Kabila yatangajwe bwa mbere na BarnabĂ© Kikaya Bin Karubi, umwe mu bantu ba hafi ya Joseph Kabila.
Uyu mu butumwa yanditse ku rubuga rwe rwa X yagize ati: “Olusegun Obasanjo, wabaye inararibonye muri politiki nyafurika akaba n’umwe mu banyabwenge batanu bashyizweho n’umuryango wa Afurika yunze Ubumwe mu rwego rwo gushyigikira ibikorwa by’amahoro muri RDC, uyu munsi yahuye na Joseph Kabila Kabange”.
Karubi ntiyigeze atangaza birambuye ibyo Joseph Kabila na Obasanjo baganiriye.
Bariya bombi icyakora bahuye mu gihe Kabila wari umaze igihe kirekire yaracecetse atangaje ko agiye kubura umutwe mu rwego rwo gushakira umuti ibibazo birimo icy’umutekano cyugarije RDC.
Uyu mugabo wayoboye Congo imyaka 18 amaze igihe atangiye kwiyegereza abanyapolitiki batavuga rumwe n’ubutegetsi, mu rwego rwo gushyira igitutu ku butegetsi bwa Perezida FĂ©lix Antoine Tshisekedi bashinja kuba ari bwo nyirabayazana y’ibibazo byugarije igihugu.
Ni Kabila ku rundi ruhande Kinshasa ishinja ibyaha birimo kugambanira igihugu; ibyatumye itangaza ko itangiye kumukurikirana mu nkiko ndetse ikanafatira imitungo ye.


