Umujinya Police FC yakuye kuri Rayon Sports ikomeje kuwutura amakipe yo mu cyiciro cya 2

Sangiza iyi nkuru

Ikipe ya Police FC itarabona inota na rimwe kuva shampiyona itangiye, ikomeje gutura umujinya amakipe yo mu cyiciro cya kabiri iri guhurira na yo mu mikino ya gicuti.

Iyi kipe ya Polisi y’igihugu kugeza ubu nta mukino n’umwe iratsinda cyangwa byibura ngo iwunganye, kuko ku munsi wa mbere yatsindiwe na Sunrise kuri Stade ya Golgotha igitego 1-0, mbere yo gutsindirwa na Rayon Sports ku itara rya Stade RĂ©gional nanone igitego 1-0.

Ku munsi wa gatatu wa shampiyona iyi kipe yagombaga guhura na APR FC idakunze kurusyaho, gusa bihurirana no kuba iyi kipe y’Ingabo z’Igihugu iri muri Tunisia aho yitabiriye umukino wo kwishyura wa CAF Champions league ugomba kuyihuza na US Monastir.

Police FC mu rwego rwo kwirinda ko abakinnyi bayo bava muri ‘mood’ y’ikibuga mu gihe itari gukina shampiyona, yabaye yipima n’amakipe yiganjemo ayo mu cyiciro cya kabiri.

Ikipe ya Vision FC ni yo iyi kipe y’umutoza Mashami Vincent yahereyeho, maze iyinyagira ibitego 6-0.

Ibitego birimo bibiri bya Nshuti Dominique Savio, bibiri bya rutahizamu Ndayishimiye Antoine Dominique, icya Sibomana Patrick ‘Papy’ ndetse n’icya Iyabivuze OsĂ©e ni byo byafashije Police kubona intsinzi ibyibushye muri uriya mukino.

Gahunda yo kunyagira amakipe yo mu cyiciro cya kabiri Police FC yayikomeje kuri uyu wa Gatanu, ubwo yanyagiraga Pepenière FC ibitego 4-1.

Abakinnyi barimo Savio, Pay, na Dominique bongeye kunyeganyeza inshundura; biyongeraho Ntirushwa Aimé watsinze igitego cya gatatu.

Mu gihe Police itarakina ikirarane cya APR, kuri ubu irarushwa amanota icyenda na Kiyovu Sports na Rayon Sports ziyoboye urutonde rwa shampiyona by’agateganyo, ndetse ikarushwa arindwi na Gasogi United ya gatatu.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *