Mercy Mukuka Chama wari umufasha w’umunya-Zambia Clatous Chota Chama ukinira ikipe ya Simba Sports Club yo muri Tanzania, yitabye Imana kuri uyu wa Gatandatu azize uburwayi.
Amakuru avuga ko Madamu wa Clatous Chama yaguye mu bitaro bya Kitwe iwabo muri Zambia, aho yari amaze igihe gito arwariye.
Ikipe ya Simba Sports Club ibinyujije ku rubuga rwayo rwa Twitter, yemeje amakuru y’urupfu rw’umugore w’uriya mukinnyi wayo, iboneraho kumwihanganisha.
Iyi kipe yagize iti: “Ubuyobozi bwa Simba Sports Club bwakiranye umubabaro mwinshi amakuru y’urupfu rwa Mercy Mukuka Chama, umugore w’umukinnyi wacu ukina hagati mu kibuga, Clatous Chota Chama rwabereye muri Zambia uyu munsi mu gitondo.”
“Simba yifatanyije n’umuryango wose muri ibi bihe bikomeye. Turasenga Imana ngo ihe ukwihangana buri wese wagizweho ingaruka n’iki kiza cyabaye mu gitondo.”
Clatous Chama yaherukaga guhabwa na Simba uruhushya rwo kujya kwita ku mugore we.
Uyu mukinnyi ngenderwaho muri Simba ntiyagaragaye mu mukino wa shampiyona ya Tanzania ikipe ye yatsinzemo Namumgo FC ibitego 3-1, byayifashije gukomeza kuyobora shampiyona ya Tanzania.


