Umukino wa Rayon Sports na Rutsiro ntukibaye, iy’amakipe ahatanira kuguma mu cyiciro cya mbere irasubikwa yose

Sangiza iyi nkuru

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru hano mu Rwanda, ryafashe icyemezo cyo gusubika umukino wa shampiyona wagombaga guhuza Rayon Sports na Rutsiro FC, ndetse n’imikino yose y’amakipe ane ahatanira kuguma mu cyiciro cya mbere.

Rayon Sports yari kuzasura Rutsiro ejo ku wa Gatandatu, mu mukino w’umunsi wa gatandatu wa shampiyona wari kuzabera kuri Stade Umuganda i Rubavu.

FERWAFA yahisemo gusubika uyu mukino kubera amabwiriza ya Minisiteri y’Ubutegetsi ashyira akarere ka Rubavu muri gahunda ya ‘Guma mu karere’, kuva ku wa kane tariki ya 17 Kamena 2021.

Ni amabwiriza yashyizweho mu rwego rwo gukumira ubwandu bw’icyorezo cya COVID-19 bukomeje gutumbagira muri kariya karere.

Indi mikino itakibaye nk’uko bigaragara mu ibaruwa FERWAFA yandikiye amakipe ya Mukura VS, Musanze FC, Kiyovu Sports, Etincelles FC, Sunrise, Gorilla FC, Gasogi United na AS Muhanga, ni iyagombaga guhuza aya makipe umunani ahatanira kuguma mu cyiciro cya mbere.

FERWAFA yavuze ko igihe iyi mikino izasubukurirwa amakipe azakimenyeshwa, mu gihe hacyigwa uko Etincelles FC izajya yakira imikino yayo.

Iyi mikino yasubitswe nyuma y’uwagombaga guhuza Etincelles na AS Muhanga wasubitswe ejo ku wa Kane.

Cyakora cyo umukino ugomba guhuza APR FC na Marines ukabera i Huye wo ntiwigeze usubikwa.

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

  1. Umukino wa Rayon Sports na Rutsiro ntukibaye, iy’amakipe ahatanira kuguma mu cyiciro cya mbere irasubikwa yose
    Nishimwe devothe

  2. Umukino wa Rayon Sports na Rutsiro ntukibaye, iy’amakipe ahatanira kuguma mu cyiciro cya mbere irasubikwa yose
    Nishimwe devothe

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *