Mu gihe habura iminsi 72 kugira ngo amatora ya Perezida wa 46 wa Leta Zunze Ubumwe zâAmerika abe, Donald Trump na Joe Biden bitezweho guhangana gukomeye bakomeje kuryoshya umukino mu buryo bwo gukurura imitima yâabazabatora.
Icyo buri umwe muri aba ari gukora ni ugushinga agati aho mugenzi we yatsikiriye, kugabanya ubukana bwâibikorwa bya buri umwe cyangwa se kubitesha agaciro ndetse no gushaka inzobere zibafasha mu bujyanama mbere yâuko amatora aba tariki ya 3 Ugushyingo 2020.
Donald Trump si agafu kâimvugwarimwe mu matora ateganyijwe bitewe nâimyaka itanu amaze ku butegetsi ndetse nâicyizere yagiriwe mu 2016 kugira ngo azamure ubukungu bwa USA bitewe nâubunararibonye afite mu ishoramari, kuko burya ari mu baherwe ba mbere 1000 Isi ifite.
Joe Biden, bamwe bakwita umuhungu wa Barack Obama mu mvugo zâubu na we ntiyoroshye na gato bitewe nâuko amaze igihe kirekire muri politiki ya USA, cyane ko ku bwa Obama, Biden yabaye Umunyamabanga Mukuru. Uyu kandi ashyigikiwe na Hillary Clinton wahatanye na Donald Trump mu matora ya 2016, uyu akaba yarashimangiye ubukarihe bwe, ubwo yemezaga Senateri Kamala Harris nkâuwo bagomba kwiyamamazanya.
Uyu Senateri Harris azwiho kugira akarimi karyoshye kareshya Abanyamerika, ku buryo uruhande rwe ruzagora Trump kurumeneramo.
Umukino wâaba bakandida ugenda urushaho kuryoha
Aba bagabo cyangwa se abasaza, umukino wabo bawukinira cyane ku rubuga rwa Twitter, bimwe bamwe bita kwibasirana ariko bitewe nâurwego rwâubwisanzure bwo kuvuga akari ku mutima muri USA bagezeho, ntacyo biba bitwaye.
DONALD TRUMP
Kuri uyu wa 21 Kanama 2020, Perezida Donald Trump yashyize videwo yâamasegonda 30 imugaragaza nkâumugabo usohoza ibyo yiyemeje, naho Joe Biden we akaba ari umuntu wagerageje kurwanya umutekano wâabaturage nâubwisungane mu kwivuza bwa MEDICARE mu binyacumi nâibindi.
Kuri uyu munsi kandi, uyu Mukuru wâIgihugu yashyizeho akandi kavidewo kagira kati: âJoe Biden, imyaka 47 muri Washington, imyaka 47 yo gutsindwa.â Iyi ivuga ko icyo gihe yari muri Washington, ibiciro byâimiti byarazamutse, ati: âKwa Biden, imisoro yarazamutse, kwa Biden habayeho amasezerano yâubucuruzi mabi. Imirimo yose yimukiye mu Bushinwa no muri Mexico.â Donald Trump yavuze ko ibyo yakoze icyo gihe, ariko azakomeza gukora naba Perezida, ati: âNtabwo azigera ahinduka, ni amagambo gusa.â
Tariki ya 20 Kanama 2020, Donald Trump yabonye akavidewo kâumunota umwe nâamasegonda 56, kagaragaza Joe Biden wari ukiri Umunyamabanga Mukuru wa USA ari kumwe na Perezida wâu Bushinwa, Xi Jin Ping. Yemeza ko Joe Biden abaye Perezida, u Bushinwa bwayobora USA. Ati: âBadutungira igihugu.â
Tariki ya 18 Kanama 2020, Donald Trump yavuze ko ku butegetsi bwe amazeho imyaka ine, ubukungu bwa USA bwazamutse mu buryo budasanzwe. Ati: âTwubatse ubukungu bukomeye mu mateka, turokora ubuzima bwa miliyoni zâabantu, nâubu ndacyubaka ubwisumbuye ku bwahozeho. Mwebwe nimwicare maze murebe.â
Hari akavidewo ka âCartoonâ Donald Trump yashyize ku rubuga rwa Twitter tariki ya 13 Kanama 2020 kagaragaza gari ya moshi ndende ifite ibara ryâumutuku, yanditseho Trump. Iyi gari ya moshi igaragara mu muhanda inyaruka cyane. Inyuma haza akandi kamodoka gatoya cyane kanditseho âBiden Presidentâ kagaragaraho umugabo ugatwara asa nâuvoma amazi ku mugezi wa kano, kagenda gake cyane. Iyi videwo igaragaza ko Trump ari umukandida ufite umuvuduko udasanzwe, naho Biden akaba agenda gake cyane.
JOE BIDEN
Biden na we akomeje umukino wâamagambo, ahangana na Donald Trump, bombi bakunze gukoresha urubuga rwa Twitter. Nko kuri uyu wa 21 Kanama 2020, Joe Biden yagize ati: âDonald Trump yananiwe kurinda Abanyamerika, bavandimwe ibyo ntibibabarirwa. Reka mbahe isezerano, nzarinda Amerika.â
Kuri uwo munsi kandi, Joe Biden yagaragaje ko Donald Trump ashyigikiye ubwicanyi ubutegetsi bwâu Burusiya buri gukorera sosiyete sivile nâabanyamakuru. Ati: âUbu Alexei Navalny utavuga rumwe nâubutegetsi ari muri coma nyuma yo kurogwa. Bitandukanye nâibya Trump, nzaharanira indangagaciro zacu za demokarasi, mpagurukire abanyagitugu nka Putin.â
Na none kuri uyu wa 21 Kanama 2020, Joe Biden yanditse ashimira Abanyamerika kuba bamutoranyije nka Perezida. Nkâuko bigaragara, yashatse kwerekana ko amatora azaba atazabamo guhatana na Donald Trump kuko imitima yâAbanyamerika yamaze kuyigarurira. Ati: âNishimiye ko nemeye kuba muntoranyije nka Perezida wa Leta Zunze Ubumwe zâAmerika.â
Tariki ya 20 Kanama, Joe Biden yavuze ko Donald Trump yananiwe kurwanya Covid-19. Ati: âTugomba kubimuhora mu Gushyingo.â Yavugaga mu matora azaba tariki ya 3 Ugushyingo 2020. Kuri uwo munsi, Donald Trump yagize ati: âYantase mu kwiyamamaza kwanjye, maze arafatwa.â Joe Biden yamusubije ati: âDonald Trump ntacyo yazamuye ku murimo kubera ko ntacyo ashoboye.â
Tariki ya 18 Kanama, Joe Biden nabwo yari yavuze ku kuba Perezida Trump yarananiwe kurwanya icyorezo cya Covid-19 ubu ubuzima bwâAbanyamerika benshi bukaba bukomeje kubigenderamo. Uyu munsi ni na wo yavuze ati: âDonald Trump ni Perezida mubi igihugu cyagize. Yari afite igihe kirenze igihagize kugira ngo agaragaze ko ari umukozi ariko byaramunaniye.Mu byâukuri ntabwo ashobora kuba uwo dushaka ubu ngubu » Aha yifashishije videwo ya Michelle Obama ifiye amasegonda 23.


