Umukino wa Trump na Biden ugeze aharyoshye

Sangiza iyi nkuru

Mu gihe habura iminsi 72 kugira ngo amatora ya Perezida wa 46 wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika abe, Donald Trump na Joe Biden bitezweho guhangana gukomeye bakomeje kuryoshya umukino mu buryo bwo gukurura imitima y’abazabatora.

Icyo buri umwe muri aba ari gukora ni ugushinga agati aho mugenzi we yatsikiriye, kugabanya ubukana bw’ibikorwa bya buri umwe cyangwa se kubitesha agaciro ndetse no gushaka inzobere zibafasha mu bujyanama mbere y’uko amatora aba tariki ya 3 Ugushyingo 2020.

Donald Trump si agafu k’imvugwarimwe mu matora ateganyijwe bitewe n’imyaka itanu amaze ku butegetsi ndetse n’icyizere yagiriwe mu 2016 kugira ngo azamure ubukungu bwa USA bitewe n’ubunararibonye afite mu ishoramari, kuko burya ari mu baherwe ba mbere 1000 Isi ifite.

Joe Biden, bamwe bakwita umuhungu wa Barack Obama mu mvugo z’ubu na we ntiyoroshye na gato bitewe n’uko amaze igihe kirekire muri politiki ya USA, cyane ko ku bwa Obama, Biden yabaye Umunyamabanga Mukuru. Uyu kandi ashyigikiwe na Hillary Clinton wahatanye na Donald Trump mu matora ya 2016, uyu akaba yarashimangiye ubukarihe bwe, ubwo yemezaga Senateri Kamala Harris nk’uwo bagomba kwiyamamazanya.

Uyu Senateri Harris azwiho kugira akarimi karyoshye kareshya Abanyamerika, ku buryo uruhande rwe ruzagora Trump kurumeneramo.

Umukino w’aba bakandida ugenda urushaho kuryoha

Aba bagabo cyangwa se abasaza, umukino wabo bawukinira cyane ku rubuga rwa Twitter, bimwe bamwe bita kwibasirana ariko bitewe n’urwego rw’ubwisanzure bwo kuvuga akari ku mutima muri USA bagezeho, ntacyo biba bitwaye.

DONALD TRUMP

Kuri uyu wa 21 Kanama 2020, Perezida Donald Trump yashyize videwo y’amasegonda 30 imugaragaza nk’umugabo usohoza ibyo yiyemeje, naho Joe Biden we akaba ari umuntu wagerageje kurwanya umutekano w’abaturage n’ubwisungane mu kwivuza bwa MEDICARE mu binyacumi n’ibindi.

Kuri uyu munsi kandi, uyu Mukuru w’Igihugu yashyizeho akandi kavidewo kagira kati: “Joe Biden, imyaka 47 muri Washington, imyaka 47 yo gutsindwa.” Iyi ivuga ko icyo gihe yari muri Washington, ibiciro by’imiti byarazamutse, ati: “Kwa Biden, imisoro yarazamutse, kwa Biden habayeho amasezerano y’ubucuruzi mabi. Imirimo yose yimukiye mu Bushinwa no muri Mexico.” Donald Trump yavuze ko ibyo yakoze icyo gihe, ariko azakomeza gukora naba Perezida, ati: “Ntabwo azigera ahinduka, ni amagambo gusa.”

Tariki ya 20 Kanama 2020, Donald Trump yabonye akavidewo k’umunota umwe n’amasegonda 56, kagaragaza Joe Biden wari ukiri Umunyamabanga Mukuru wa USA ari kumwe na Perezida w’u Bushinwa, Xi Jin Ping. Yemeza ko Joe Biden abaye Perezida, u Bushinwa bwayobora USA. Ati: “Badutungira igihugu.”

Tariki ya 18 Kanama 2020, Donald Trump yavuze ko ku butegetsi bwe amazeho imyaka ine, ubukungu bwa USA bwazamutse mu buryo budasanzwe. Ati: “Twubatse ubukungu bukomeye mu mateka, turokora ubuzima bwa miliyoni z’abantu, n’ubu ndacyubaka ubwisumbuye ku bwahozeho. Mwebwe nimwicare maze murebe.”

Hari akavidewo ka ‘Cartoon’ Donald Trump yashyize ku rubuga rwa Twitter tariki ya 13 Kanama 2020 kagaragaza gari ya moshi ndende ifite ibara ry’umutuku, yanditseho Trump. Iyi gari ya moshi igaragara mu muhanda inyaruka cyane. Inyuma haza akandi kamodoka gatoya cyane kanditseho ‘Biden President’ kagaragaraho umugabo ugatwara asa n’uvoma amazi ku mugezi wa kano, kagenda gake cyane. Iyi videwo igaragaza ko Trump ari umukandida ufite umuvuduko udasanzwe, naho Biden akaba agenda gake cyane.

JOE BIDEN

Biden na we akomeje umukino w’amagambo, ahangana na Donald Trump, bombi bakunze gukoresha urubuga rwa Twitter. Nko kuri uyu wa 21 Kanama 2020, Joe Biden yagize ati: “Donald Trump yananiwe kurinda Abanyamerika, bavandimwe ibyo ntibibabarirwa. Reka mbahe isezerano, nzarinda Amerika.”

Kuri uwo munsi kandi, Joe Biden yagaragaje ko Donald Trump ashyigikiye ubwicanyi ubutegetsi bw’u Burusiya buri gukorera sosiyete sivile n’abanyamakuru. Ati: “Ubu Alexei Navalny utavuga rumwe n’ubutegetsi ari muri coma nyuma yo kurogwa. Bitandukanye n’ibya Trump, nzaharanira indangagaciro zacu za demokarasi, mpagurukire abanyagitugu nka Putin.”

Na none kuri uyu wa 21 Kanama 2020, Joe Biden yanditse ashimira Abanyamerika kuba bamutoranyije nka Perezida. Nk’uko bigaragara, yashatse kwerekana ko amatora azaba atazabamo guhatana na Donald Trump kuko imitima y’Abanyamerika yamaze kuyigarurira. Ati: “Nishimiye ko nemeye kuba muntoranyije nka Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.”

Tariki ya 20 Kanama, Joe Biden yavuze ko Donald Trump yananiwe kurwanya Covid-19. Ati: “Tugomba kubimuhora mu Gushyingo.” Yavugaga mu matora azaba tariki ya 3 Ugushyingo 2020. Kuri uwo munsi, Donald Trump yagize ati: “Yantase mu kwiyamamaza kwanjye, maze arafatwa.” Joe Biden yamusubije ati: “Donald Trump ntacyo yazamuye ku murimo kubera ko ntacyo ashoboye.”

Tariki ya 18 Kanama, Joe Biden nabwo yari yavuze ku kuba Perezida Trump yarananiwe kurwanya icyorezo cya Covid-19 ubu ubuzima bw’Abanyamerika benshi bukaba bukomeje kubigenderamo. Uyu munsi ni na wo yavuze ati: “Donald Trump ni Perezida mubi igihugu cyagize. Yari afite igihe kirenze igihagize kugira ngo agaragaze ko ari umukozi ariko byaramunaniye.Mu by’ukuri ntabwo ashobora kuba uwo dushaka ubu ngubu » Aha yifashishije videwo ya Michelle Obama ifiye amasegonda 23.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *