Umukobwa wo mu Buhinde yishwe n’abo mu muryango we ku bwo kwambara ipantaro

Sangiza iyi nkuru

Mu cyumweru gishize, Neha Paswan w’imyaka 17 bivugwa ko yakubiswe kugeza apfuye n’abo mu muryango we mu majyaruguru y’Ubuhinde muri leta ya Uttar Pradesh kuko batishimiye ko yambaye ikoboyi.

Nyina, Shakuntala Devi Paswan, yabwiye BBC Hindi ko umukobwa we yakubiswe inkoni bikomeye na sekuru na ba nyirarume nyuma y’impaka ku myambarire ye aho yari yabasuye mu karere ka Deoria, kamwe mu turi inyuma mu iterambere muri iyo leta.

Nyina ati: “Yari yafashe umunsi w’amasengesho yo kwiyiriza. Nimugoroba, yambara ikoboyi n’aga’top’ ajya gusenga. Sekuru na nyirakuru banenze imyambarire ye, ababwira ko ikoboyi yakorewe kuyambara bityo nawe ayambara.”

Avuga ko izo mpaka zakomeje zikavamo urugomo.

Shakuntala Devi avuga ko umukobwa we yakubiswe kugera ataye ubwenge, maze ba nyirarume bagahamagara ubufasha bakavuga ko bamujyanye kwa muganga.

Ati: “Ntibandetse ngo mbaherekeze, nabibwiye benewacu nabo bagiye kumureba kwa muganga ntibahamubonye.”

Mu gitondo cyakurikiye, Shakuntala Devi avuga ko babwiwe ko umurambo w’umukobwa we uri kunagana ku kiraro cyo ku mugezi witwa Gandak wo muri ako gace. Bagiye kureba basanga koko ni Neha.

Polisi yakiriye ikirego cy’ubwicanyi no guhisha ibimenyetso biregwa abantu 10, barimo nyirakuru na sekuru wa Neha, ba nyirarume, ba nyina wabo, babyara be n’umushoferi. Abaregwa ntacyo baravuga ku mugaragaro.


Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

XMA Header Image
Ibyo Karasira agiye guhura nabyo Mageragere- Mahoro wafunganywe na Ntamuhanga ngo hari abazamwakira
youtube.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *