Umunya-Nigeria yiciwe mu muhanda ku manywa y’ihangu abari aho bari gufata videwo

Sangiza iyi nkuru

Igitero cyo ku wa Gatanu ku Munya-Nigeria ucururiza mu muhanda, byamenyekanye ko yitwa Alika Ogorchukwu, yagabweho n’undi mugabo rwagati mu mujyi wa Civitanova Marche, cyafashwe amashusho ubwo yicwaga.

Urupfu rw’uyu mwimukira wagabweho igitero ku manywa y’ihangu rwagati mu Butaliyani rwateje uburakari bwinshi.

Iyo videwo, amakuru avuga ko yafashwe n’abantu bari bashungereye batagerageza gutabara, igaragaza uwo mugabo wishwe yashyizwe hasi n’umuzungu w’umugabo nk’uko ibinyamakuru bitandukanye byabigarutseho.

Umutaliyani w’imyaka 32 yatawe muri yombi acyekwaho ubwicanyi n’ubujura.

Videwo y’icyo gitero yahererekanyijwe cyane ku mbuga z’amakuru zo mu Butaliyani no ku mbuga nkoranyambaga,yatumye abantu bumirwa, benshi bagaruka ku “kuba ntibindeba” kw’abarebaga icyo gitero kirimo kuba.

Ntibiramenyekana icyateje icyo gitero cyahitanye Alika, umubyeyi w’abana babiri n’umugore.

Umugore we, watangajwe ko yitwa Charity Oriachi, ntiyashoboye gusubiza inyuma amarira ubwo yabwiraga ibitangazamakuru ukuntu yeretswe umurambo w’umugabo we uri hasi.

Ku wa Gatandatu, Abanya-Nigeria babarirwa mu magana batuye aho biraye mu mihanda yo mu mujyi wa Civitanova Marche, mu karere ka Marche, basaba ubutabera.

Icyo gitero cyanamaganwe n’abanyapolitiki b’Abataliyani.

Soma Izindi Nkuru

The Ben ari mu bitaro

April 16, 2026

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *