Umunya-Uganda wahoze ayobora inyeshyamba za LRA yahamijwe na ICC ibyaha 61

Sangiza iyi nkuru

Umunya-Uganda Dominic Ongwen wahoze ari Umuyobozi mu nyeshyamba za LRA zirwanya ubutegetsi bwa kiriya gihugu, yamamijwe ibyaha 61 n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwa ICC.

Ongwen wari umwe mu nyeshyamba zitinyitse, ni we mu bahoze muri LRA wakatiwe na ruriya rukiko rw’i La Haye mu Buholandi.

Yahamijwe ibyaha by’intambara n’ibyibasiye inyoko muntu 61 muri 70 yashinjwaga. Ibyaha uyu mugabo yashinjwe bijyanye n’ibitero inyeshyamba za LRA zagabye ku nkambi enye z’impunzi muri 2004.

Ongwen yateje urujijo mu rukiko, nyuma yo kuvuga ko na we yagizweho ingaruka n’ibikorwa LRA kandi ari uregwa.

Yavuze ko yashimuswe na LRA agahatwa kuba umusirikare akiri umwana, mbere y’uko azamurwa mu ntera bikarangira abaye umwungiriza wa Joseph Kony uyobora ziriya nyeshyamba.

Umucamanza Bertram Schmitt wayoboye ruriya rubanza asoma umwanzuro warwo, yavuze ko “Icyaha cye cyagaragaye nta gushidikanya na gato.”

“Urukiko ntirwabonye ibimenyetso bishyigikira ikirego cyatanzwe n’abunganira uregwa bavuga ko Dominic Ongwen arwaye indwara iyo ari yo yose yo mu mutwe cyangwa indwara iyo ari yo yose mu gihe cyerekeranye n’ibyaha aregwa, cyangwa ko ibyo byaha yabikoze ku gahato.”

Ongwen yahamwe n’ibyaha birimo ibyaha by’intambara, ibyaha byibasiye inyoko muntu, iyicarubozo, uburetwa bw’imibonano mpuzabitsina no gusahura.

ICC yari yamushyiriyeho impapuro zo kumuta muri yombi muri 2005, atangira guhigwa n’ingabo za Amerika na Afurika muri 2011.

Muri 2014 ni bwo yigaragarihe muri Repubulika ya Centrafrique (CAR), urubanza rwe rutangira kuburanishwa mu myaka itatu ishize mbere yo gusozwa muri Werurwe 2020.

Reuters ivuga ko abamwunganira bari basabye ko yagirwa umwere, kuko “ubwo Ongwen yashimutwaga nta kundi yari kubigenza, yagizwe umucakara. Ubucakara bwakomeje kugeza avuye mu ishyamba.”

Cyakora cyo abashinjacyaha bashimangiye ko yari mukuru mu nyeshyamba za LRA ubwo ibyaha aregwa byakorwaga, bityo akaba adashobora kubyihunza.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *