Umunyamabanga Mukuru wa CNDD-FDD ntazongera kuvuga Igifaransa

Sangiza iyi nkuru

Umunyamabanga Mukuru mushya w’ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi, Hon. Réverien Ndikuriyo, yasobanuye impamvu yafashe icyemezo cyo kutongera gukoresha ururimi rw’Igifaransa.

Uyu muyobozi usigaye avuga ururimi rw’Ikirundi gusa mu gihe avuga imbwirwaruhame, yasobanuye ko uru “rurimi rw’Abazungu” iyo umuntu arukoresheje, bamwumva nabi, amwe mu magambo ahagabwa ikindi gisobanuro.

Hon. Ndikuriyo yatanze urugero rw’ijambo ‘Travaillez’ (kora/mukore) rituruka ku nshinga ‘Travailler’ risobanuye gukora, Abazungu basobanuye ko ari ukwica (tuer). Ati: “Njyewe nta Gifaransa nzavuga kuko Abazungu baraje nk’intumwa, bambwira y’uko amagambo nkoresha tuyadisikita (disquitter), ngo ‘kora’ ngo ni ukwica abantu, ndabaza nti ‘travailler’ egale (ringana) tuer.”

Akomeza ati: “Niba ‘travailler’ egale ‘tuer’ ndasezeye, sinzavuga Igifaransa.”

N’ubwo Hon. Ndikuriyo yemeza ko atazongera kuvuga ururimi rw’Igifaransa, ku mbuga nkoranyambaga akoresha, bigaragara ko yandika ubutumwa bumwe na bumwe muri uru rurimi.

Urugero rwa hafi ni ubwo yanditse ku rubuga rwa Twitter nka Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Burundi tariki ya 16 Mutarama 2021 bwerekeye abakinnyi babiri b’ikipe ya Aigle Noir bagiye muri Turukiya.

Soma Izindi Nkuru

6 Responses

  1. Impamvu Hon. Ndikuriyo atazongera kuvuga Igifaransa
    On écrit : discounter non pas disquiet; àmoins qu’on il yaurait Eu in recent changement non annoncé par l’ accadémie de la langue française.

  2. Impamvu Hon. Ndikuriyo atazongera kuvuga Igifaransa
    On écrit : discounter non pas disquiet; àmoins qu’on il yaurait Eu in recent changement non annoncé par l’ accadémie de la langue française.

  3. Umunyamabanga Mukuru wa CNDD-FDD ntazongera kuvuga Igifaransa
    Nimukosore, aho mwanditse “Disquitter”, siko babyandika, bandika “Discuter” !

  4. Umunyamabanga Mukuru wa CNDD-FDD ntazongera kuvuga Igifaransa
    Nimukosore, aho mwanditse “Disquitter”, siko babyandika, bandika “Discuter” !

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *