Umunyamabanga mukuru wa EAC arashinjwa kunyereza umutungo wayo

Sangiza iyi nkuru

Ku cyicaro gikuru cy’Umuryango wa Afurika y’i Burasirazuba (EAC) hatangiye iperereza ku bijyanye no kunyereza no kwiba amafaranga y’uwo muryango.
Amakuru atangazwa n’ikinyamakuru cyo mu Burundi, UBM news nacyo gikesha Chimpreports cyo muri Uganda agaragaza ko ,Dr Bukuku Enos, Umunyatanzaniya wungirije Mfumukeko Liberat , unashinzwe ubukungu muri uwo muryango yatangiye iperereza hagamijwe kumenyekana impamvu y’ibikekwa.
Mfumukeko Liberat akekwaho kugira urwo ruhare mu bijyanye no gutanga amasoko, cyane iryo yahaye iryitwa Assurance M/s Liberty Insurance.
Dr Bukuku Enos akomeza avuga ko iyo sosiyete yahawe iryo soko yari ikwiye gukurwa mu masosiyete akorana n’ubunyamabanga bwa EAC, kuko ngo hari ibitaragenze neza mu guhabwa iryo soko.
Iperereza ridasanzwe ngo ryatangiye gukorwa ku wa Gatatu tariki ya 3 Gicurasi 2017.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Mfumukeko kandi arashinjwa kwiba Amadolari y’Amerika asaga ibihumbi 200, asaga miliyoni 500 mu mafaranga y’Amarundi na Miliyoni 168 mu mafaranga y’u Rwanda yakoresheje mu bikorwa by’iryo shyirahamwe, ariko bitakozwe kandi bigizwemo uruhare na Mfumukeko nkuko Dr Bukuku akomeza abitangaza.
Uyu munyamabanga aranashinjwa gushora imodoka z’uyu muryango mu bikorwa bye bwite mu gihe amategeko agenga iryo shyirahamwe abuza gusesagura umutungo wayo.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Ntakirutimana Deus@Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *