Umunyamakuru w’inararibonye wa Al Jazeera yishwe n’Ingabo za Israel

Sangiza iyi nkuru

Umunyamakuru w’inararibonye Al Jazeera, Shireen Abu Aqleh, yishwe arashwe n’ingabo za Israel kuri uyu wa Gatatu ubwo yari arimo gukurikirana igitero cyagabwe ku nkambi y’impunzi ya Jenin muri West Bank, nk’uko umufotozi wa AFP yabitangaje.

Al Jazeera na minisiteri y’ubuzima ya Palesitine bemeje urupfu rwa Abu Aqleh w’imyaka 51, umuntu wari ukomeye muri serivisi y’amakuru y’icyarabu.

Ingabo za Israel zemeje ko zagabye igitero mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatatu mu nkambi y’impunzi ya Jenin, indiri ikomeye y’imitwe yitwaje intwaro y’Abanya-Palesitine mu majyaruguru y’Iburengerazuba.

Zongeyeho ko habayeho kurasana hagati y’abakekwa n’inzego zishinzwe umutekano kandi ko zirimo gukora iperereza niba hari abanyamakuru bashobora kuba bakomerekejwe, n’amasasu y’Abanya-Palesitine.”

Mu mezi ashize amakimbirane yariyongereye mu gihe Israel yahanganye n’ibitero byahitanye byibuze abantu 18 kuva ku ya 22 Werurwe, barimo umupolisi wa Israel w’Umwarabu ndetse n’Abanya-Ukraine babiri.

Ingabo za Israel zashinje bimwe mu bitero abaturage ba Jenin kandi zongereye ingufu muri ako gace mu byumweru bishize.

Nk’uko ibiro ntaramakuru AFP bibitangaza, ngo Abanya-Palestine 30 hamwe n’Abarabu batatu bo muri Israel bishwe muri icyo gihe, muri bo hakaba harimo abagabye ibitero ndetse n’abishwe n’inzego z’umutekano za Israel mu bikorwa byo muri West Bank.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *