Umunyamakuru wa Deutsche Welle afunzwe n’urwego rw’ubutasi rwa Congo

Sangiza iyi nkuru

Antediteste Niragira, umunyamakuru ukomoka mu gihugu cy’u Burundi ukorera radiyo Deutsche Welle yo mu Budagi, ishami ry’igifaransa, ubu afungiye muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo.

Hari hashize iminsi 2 nta we uzi aho uyu munyamakuru aherereye, mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 19 Gicurasi 2017, nibwo ngo yabashije guhamagara umuryango we awumenyesha isanganya yahuye naryo.

Nk’uko byatangajwe n’ibinyamakuru bitandukanye by’i Burundi, Niragira icyaba cyatumye atabwa muri yombi ntabwo kiramenyekana, akaba yari yagiye muri Congo agiye gutara amakuru mu nkambi y’impuzi z’Abarundi ziri mu nkambi ya Lusenda.

[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

Umuryango we watangaje ko yabamenyesheje ko afungiye i Uvira, bakaba baraherukaga kuvugana nawe ubwo yababwiraga ko ageze ku mupaka w’u Burundi na Congo, agiye kwinjira muri icyo gihugu.

Antediteste Niragira, yahoze akorera televiziyo y’i Burundi “Rennaissance”, ubu ni umunyamakuru wa Deutsche Welle”.

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter

Philipe Nsengiyumva/ Bwiza.com
 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *