moil.jpg

Umunyamerika ukuriye Madagascar Oil mu bakekwaho gushaka guhirika Rajoelina

Sangiza iyi nkuru

Nyuma y’Abafaransa babiri, Paul Rafanoharana na Philippe François bafashwe kuwa Kabiri ushize bashinjwa gushaka guhirika ku butegetsi Perezida Andry Rajoelina wa Madagascar, ubu haravugwa ifatwa ry’undi munyamahanga wa gatatu ukomoka muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ukekwaho kuba inyuma y‘uyu mugambi.

Kuva mu ijoro ryo kuwa Kabiri ushize, Paul Rafanoharana na Philippe François bo bakomeje guhatwa ibibazo n’inzego z’umutekano za Madagascar.

Nk’uko bitangazwa na RFI, uyu Munyamerika watawe muri yombi ni Russell Kelly, akaba ari umuyobozi wa Madagascar Oil, ikorera muri iki gihugu kuva mu 2004.

Madagascar Oil ifite umutungo munini wa peteroli yo muri iki gihugu n’amariba ahitwa Tsimiroro na Bemolanga.

moil.jpg
Iriba rya peteroli rya Madagascar Oil muri Tsimiroro

Iyi nkuru iravuga ko Russell n’aba Bafaransa bafashwe mbere ye bakomeje kumvwa n’abashinzwe iperereza nk’uko byatangajwe n’umushinjacyaha mu Rukiko rw’ubujurire rwa Antananarivo wongeyeho ko nta yandi makuru arenzeho atangazwa muri aka kanya.

Aba bagabo uko ari batatu bakaba barakuwe ahitwa Anosy bajyanwa kuba bafungiwe muri Komini ya Ivato, mu nkengero z’umurwa mukuru.

Nubwo iyi nkuru yagarutsweho cyane mu itangazamakuru, nta bisobanuro birambuye ubuyobozi bw’iki gihugu buratanga kugeza ubu kuva abakekwa batabwa muri yombi nk’impamvu iri inyuma yo gushaka guhirika ku butegetsi perezida Rajoelina cyangwa ibihugu byaba bibyihishe inyuma.

Amakuru aturuka ku bantu begereye iyi dosiye ariko aravuga ko abakekwa babujijwe gusinzira kuva batabwa muri yombi ndetse umwe akaba ashobora kuba atamerewe neza.

Abana batatu ba Paul Rafanoharana baba mu Bufaransa, bavuga ko ntacyo batangaza ku itabwa muri yombi ry’umubyeyi wabo muri aka kanya.

Gusa, banhangayikishijwe n’uburyo se afunzwemo, aho bemeza ko kuva yafatwa batarabasha kuvugana nawe.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *