Umunyamulenge wahoze muri M23 yafashwe akekwaho kwica umwavoka i Kisoro

Sangiza iyi nkuru

Umunyamulenge witwa Charlese Munyaneza yishyikirije inzego z’umutekano muri Uganda nyuma yo kumenya ko ahigwa bukware akwakwaho kugira uruhare mu rupfu rw’Umwavoka, Isaac Sendegeya mu Mujyi wa Kisoro, muri Uganda.

Sendegeya yishwe arashwe  kuwa 21 Nyakanga uyu mwaka.Kuri ibi inzego z’umutekano muri Kisoro zamaze gufata abantu batandatu bakekwaho kugira uruhare muri ubu bwicanyi.

Igipolisi nk’uko Chimpreports dukesha iyi nkuru kibitangaza, babiri mu batawe muri yombi bahoze ari abarwanyi b’inyeshyamba za M23 zari zarigize kabushungwe mu burasirazuba bwa Congo- Kinshasa mbere yo gukubitwa ikibatsi zigakwira imishwaro.

Umuvugizi wa Polisi mu gice cya Kigezi, Elly Maate avugako Munyaneza w’imyaka33 ari wishyikirije polisi.

Ati “  Polisi ya Mbarara yamushyikirije  polisi yo muri Kisoro kugira ngo ahatwe ibibazo.”

Munyaneza yari asanzwe ari impunzi mu nkambi ya Nakivale muri Uganda. Uyu yatangiye gushakishwa nyuma y’aho mugenzi we, Claude Ndagijimana w’imyaka 42 avuze ko ari we wishe umwavoka, Sendegeya.

[penci_related_posts dis_pview=”no” dis_pdate=”no” title=”Izindi nkuru wasoma” background=”” border=”” thumbright=”no” number=”4″ style=”list” align=”none” withids=”” displayby=”recent_posts” orderby=”rand”]

Nirakekwako aba bombi bakodeshejwe n’abitwa  Scola Nyiramajyambere na Assumani Hgaumakwiha babahaye miliyoni 8 z’amashilingi ya Uganda.

 

 

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *