Umunyekongo Makao urinda Macron akomeje kuvugisha benshi kubera igihagararo cye – Amafoto

Sangiza iyi nkuru

Umwirabura, Makao ukomoka muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo akaba ari umwe mu bashinzwe kurinda umutekano wa perezida mushya w’u Bufaransa, akomeje kuvugisha Abafaransa amangambure kubera igihagararo cye kidasanzwe nuko yicisha bugufi.

Perezida Emma­nuel Macron yakunze kuvuga mu buyobozi bwe ashaka gukorana n’abantu bafite ubushobozi mu kazi kabo kugeza no mu bashinzwe kumurinda.

FRANCE2017-VOTE-EN MARCHE

[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

Uyu mugabo Makao wavukiye I Kinshasa muri Congo amaze amezi 9 arinda Macron nk’uko byatangajwe n’ikinyamakuru Mediapart. Usibye izina rye rya kabiri n’inkomoko ye, nta kindi kizwi kuri Makao nk’uko iyi nkuru ikomeza ivuga.

makao-1_reference_article-20170512-151716-008

Ubwo Macron yatangiraga ibikorwa byo kwiyamamaza nk’umukandida wa En Marche! Makao nk’umwe mu bashinzwe umutekano we yarushijeho kwamamara ahanini bitewe n’igihagararo cye dore ko aho waba uri hose utabura kumubona dore ko afite metero 2,13 z’uburebure kandi akaba ari umugabo munini ushyitse.

18342438_1460327134030848_4817037900923095090_n

Igihe kimwe, ngo Macron yigeze gutebya avugira kuri uyu murinzi we maze aramubwira ati: “ Makao witonde utagwa aho.. mushobora kwica umuntu muri kugwa !” aha akaba yaravugiraga igihagararo cye n’umubyimba bitangaje.

macron-que-va-devenir-makao-le-garde-du-corps-devenu-star-malgre-lui-1

Uyu kandi usibye igihagararo cye, anafite inyogosho yihariye idakunze kugaragara ku bandi bantu bakora akazi nk’ake. Mu bihe byo kwiyamamaza kwa Macron kandi ngo hari aho bageraga maze akabona nk’abasore bari gukina basket akabiyungaho bagakina. Ibintu bivugwa ko ari ishusho nziza bitari imbere ya camera gusa.

Makao ndetse n'umugore wa Macron
Makao ndetse n’umugore wa Macron

Iyi nkuru irakomeza ivuga ko abaturage bari baturanye na Macron kenshi wasanga bateye urugo rwe atari uko bagiye kureba uwari ugiye kubabera perezida, ahubwo bashaka kwirebera uyu murinzi we ndetse bakanifotozanya amafoto (selfie) bari imbere y’urugo rwa Macron.

b9711937922z-1_20170507153825_000gkd90t7rj-2-0-1024x576

Ikiri kwibazwa kuri ubu nk’uko le Figaro ivuga, kikaba ari ukumenya uruhare Makao azagira mu bashinzwe kurinda perezida Macron nyuma yo kugera muri perezidansi kuko bivugwa ko kugeza ubu akiri kumwe n’itsinda ryari rishinzwe kurinda perezida Francois Hollande rigizwe n’abapolisi 32 kabuhariwe mu bijyanye no kurinda abayobozi, ndetse n’abajandarume 28 bo mu mutwe ushinzwe gutabara aho rukomeye (GIGN). Ibi ariko ngo perezida mushya akaba ashobora kubihindura uko ashatse.

when-terrorist-callfrench-gign-answers-29
 
 
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
 

Dennis Ns./Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *