Umunyekongo yatwitswe n’ingabo za Angola ari muzima bimuviramo urupfu

Sangiza iyi nkuru

Umuturage wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo w’imyaka 39 kuri uyu wa Gatanu, itariki 07 Gicurasi 2021 yapfiriye ku Kigo Nderabuzima cya Kamako-État nyuma yo gutwikwa ari muzima n’abashinzwe umutekano muri Angola.

Sosiyete Sivile y’aha iremeza ko uyu Munyekongo yapfuye azize ibikomere by’ubushye yatewe no gutwikwa n’abasirikare ba Angola.

« Uyu mugabo ukiri muto yaguye mu mutego w’ingabo za Angola zamutwitse nyuma yo kumukorera iyicarubozo. Abagiraneza bamutoye hagati ya Kabungu na Shakombe.

Bamujyanye ku kigo nderabuzima cya Kamako-État …..kubw’ibyago yapfuye.” Uyu ni Padiri Trudon Keshilemba Lamba, Perezida wa Sosiyete Sivile ya Kamako.

Umuyobozi wungirije w’iyi teritwari, Gaston Matemboni, yemeje aya makuru, ahamagarira abayobozi ba Congo kugira icyo bakora.

Iyi sosiyete sivile kandi yibutsa ko Abanyekongo bamaze amezi menshi birukanwa muri Angola, kenshi bakagera ku mupaka wa Kamako bafite ibimenyetso by’iyicarubozo ku mibiri yabo.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *