Ubushinjacyaha bwo muri Kenya burashinja umusore w’imyaka 22 y’amavuko witwa Simon Muchiri gutegura umugambi wo kwica Umukuru w’Igihugu, Uhuru Kenyatta.
Bwabitangarije mu rukiko rwa Kiambu kuri uyu wa Mbere tariki ya 1 Werurwe 2021.
Iki cyaha Muchiri ashinjwa gishingiye ku butumwa yatangarije ku rubuga rwa Facebook ku wa Gatandatu tariki ya 27 Gashyantare 2021, avuga ko abaye afite imbunda, yarasa Perezida Kenyatta agapfa.
Ubushinjacyaha bwabwiye Muchiri buti: “Tariki ya 27 Gashyantare uri ahantu hatazwi, watangrije ku rukuta rwawe rwa Facebook ko wakwica Perezida Uhuru Kenyatta ubaye ufiye imbunda.”
Urubuga Kenyans dukesha aya makuru ruvuga ko ubwo Muchiri yari amaze gutangaza ubu butumwa, abapolisi batangiye gushakisha aho aherereye, bakurikirana telefone ye.
Abunganira Muchiri mu mategeko, ntibemera iki kirego cy’ubushinjacyaha ndetse basabye ko umukiriya wabo yarekurwa, cyane ko atigeze afungwa kandi akaba akiri na mutoya mu myaka.
Umucamanza yategetse ko Muchiri arekurwa by’agateganyo atanze ingwate y’amashilingi ya Kenya 200,000, akazasubira imbere y’urukiko tariki ya 15 Werurwe 2021, impande zombi (urw’uregwa n’ubushinjacyaha) zitwaje ibimenyetso bizishyigikira.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


