Umuti wica udukoko wa HUUREKA wahagaritswe by’agateganyo mu Rwanda

Sangiza iyi nkuru

Urwego rw’igihugu rugenzura ubuziranenge bw’imiti n’ibiribwa, FDA, kuri uyu wa 11 Kamena 2020 rwahagaritse by’agateganyo umuti wica udukoko witwa HUUREKA kubera ko winjiye mu Rwanda rutabimenyeshejwe kugira ngo rusuzume ubuziranenge n’ikoreshwa byawo.

FDA yatangaje ko iri gukurikirana iby’uyu muti, ikaba yafashe ibipimo (samples) byo kujyana muri laboratwari, ikindi abinjije uyu muti nabo bakaba bari kugenzurwa.

Abaranguye HUUREKA ndetse n’abayiguze barasabwa kuba bahagaritse kuyigurisha no kuyikoresha mu gihe hagikorwa ubusesenguzi ku buziranenge bwayo n’ikoreshwa neza ryayo. FDA iramenyesha vuba ibyavuye mu igenzura.

Uyu muti hari abamotari bari barategetswe kuwukoresha gusa abagenzi batangiye gukemangwa ubuziranenge bwawo; bawugereranya n’amazi. Tariki ya 8 Kamena, abamotari bo mu Karere ka Ngoma batangiye kubuzwa kuwukoresha, ndetse uwusanganwa acibwa amande.

HUUREKA ni umuti w’amazi wakozwe n’uruganda rwa KEWS Corporation rwo muri Koreya y’Epfo. Winjijwe mu Rwanda na African Medical Supply Company Ltd.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *