Umutoza Hasan yiyemeje gufasha Rwamagana FC igasubira mu cyiciro cya mbere

Sangiza iyi nkuru

Ubuyobozi bwa Rwamagana City F.C bwahaye inshingano zo gutoza Muhire Hasan wasezeye mu ikipe ya MIROPLAST F.C , akaba avuga ko afite intego yo kuyifasha ikaba yasubira mu cyiciro cya mbere.

 

Ubuyobozi bw’ikipe ya Rwamagana City F.C bwemeza ko bufitiye ikizere umutoza Muhire Hasan ndetse bazakora ibishoboka ikipe igaruke mu kiciro cya mbere nkuko byemezwa n’umunyabanga akaba n’umuvugizi wa Rwamagana FC, Niyivuga Mansula.

 

Agira ati “twahisemo gukorana n’umutoza Muhire Hasan kuko ni umutoza ufite uburambe mu gutoza, kandi ni umutoza wari usanzwe atugira inama akaduha ibitekerezo ,twaraganiriye twumvikana ko azadufasha, yatubwiye ko afite akandi kazi ,ariko twumvikanye ibizamufasha byose kugirango bimworohereza gutoza ikipe ya Rwamagana kandi turizera ko azadufasha ikipe ikabasha kujya mu kiciro cya mbere”.

 

Umutoza Muhire Hasan avuga ko guhabwa akazi na Rwamagana bitazamubuza gukomeza akazi akorera muri PSF ndetse akizeza abakunzi ba Rwamagana ko azayifasha kujya mu kiciro cya mbere.

 

Agira ati “numvikanye na Rwamagana City nkuko naganiriye n’amakipe arimo n’ayo mu kiciro cya mbere ariko Rwamagana niyo yubahirije ibyo nifuzaga harimo no gutoza mbifatanya n’akazi kanjye gasanzwe nkuko na MIROPLAST yari yabinyemereye ,ndizeza Abanyarwamagana ko tuzafatanya kujya mu kiciro cya mbere kandi nidufatanya tuzabigeraho”.

 

Akomeza agira ati “ ikipe dufite ni nziza kuko dufite abakinnyi beza, ubu turimo gukora ibishoboka byose ngo ikipe ikomeze kwitwara neza kugirango tuzarangize mu makipe ane azakina Œ”.

 

Umutoza Muhire Hasan ubusanzwe afatanya akazi ko gutoza umupira w’amaguru no gukora mu rugaga rw’abikorera PSF i Gikondo, mu mujyi wa Kigali, mu gihe ikipe ya Rwamagana ibarizwa mu Mujyi wa Rwamagana mu birometero birenga 50 uvuye mu mujyi wa Kigali.

 

Eng. Muhire Hasan ni umwe mu batoza bane b’Abanyarwanda bagiye bwa mbere mu mahugurwa y’ubutoza mu Budage,  aribo Senenga Innocent wasezeye muri Police F.C mu cyumweru gishize, Habimana Sostene wasezeye muri Musanze F.c ndetse na Mashami Vincent utoza ikipe y’igihugu ‘Amavubi’.

Rwamafc
Ikipe ya Rwamagana City FC (yambaye icyatsi) ikina na polisi IFOTO/Internet
YouTube player

Ngabonziza Justin/ Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *