Umutoza Hasan yiyemeje gufasha Rwamagana FC igasubira mu cyiciro cya mbere

Ubuyobozi bwa Rwamagana City F.C bwahaye inshingano zo gutoza Muhire Hasan wasezeye mu ikipe ya MIROPLAST F.C , akaba avuga ko afite intego yo kuyifasha ikaba yasubira mu cyiciro cya mbere.   Ubuyobozi bw’ikipe ya Rwamagana City F.C bwemeza ko bufitiye ikizere umutoza Muhire Hasan ndetse bazakora ibishoboka ikipe igaruke mu kiciro cya mbere nkuko […]

Wema Sepetu yahishuye ko inda aherutse gukuramo itari iya ya Diamond

Umunyamideli,umukinnyi wa filime, Miss Wema Sepetu, umwe mu bakobwa bakurikiranwa cyane muri  Tanzaniya yatangaje ko abibeshya ko inda aherutse gukuramo ari iya Diamond bibeshya Kuva 2006 Sepetu yatangiye kuvugwa cyane nyuma yo kuba nyampinga watanzaniya ndetse no kuba yarahise akundana n’icyamamare Diamond Platnumz gusa yakunzwe no kubabazwa no kubura urubyaro dore ko byanavuzwe ko intandaro […]

Rubyiruko, muzakunde u Rwanda nk'uko Inkotanyi zarukunze- Min. Mbabazi

Minisitiri w’urubyiruko, Rosemary  Mbabazi yahaye impanuro urubyiruko rwo mu karere ka Rwamagana zo gukunda igihugu nk’uko Inkotanyi zagikunze. Mu muhango wo kwibuka ku nshuro ya 24 jenoside yakorewe Abatutsi, wo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 25 Mata 2018, Abaturage b’akarere ka Rwamagana by’umwihariko urubyiruko, basabwe gukunda igihugu no kwimakaza ubumwe. Ni umuhango witabiriwe n’abayobozi […]

Jacob Zuma wahoze ari Perezida wa Afurika y’Epfo agiye kurongora umugore wa karindwi

Jacob Gedleyihlekisa Zuma w’imyaka 76 y’amavuko, wahoze ayobora igihugu cya Afurika y’Epfo ari mu myiteguro y’ubukwe bwe n’umukobwa w’imyaka 24 y’amavuko. Umukobwa uyu musaza agiye kurongora yitwa Nonkanyiso Conco, akaba yatangarije ikinyamakuru TimeLive ko ari mu myiteguro y’ubukwe bwe na Perezida Zuma. Nonkanyiso weguriye umutima Perezida Zuma, atuye mu gace k’abaherwe kazwi nka “Hilltop Estate’ […]

Gutanga ikizamini cy’Icyongereza ku barimu ba kaminuza mbona atari cyo kizakemura ireme ry’uburezi- Umwarimu

Minisiteri y’uburezi mu Rwanda ivuga ko igiye kuzajya itanga ikizamini cy’icyongereza ku barimu ba kaminuza, ariko ku ruhande rwabo bakabinenga bavuga ko umwana apfa mu iterura. Abarimu bavuga ko umwana atamenyera ururimi muri kaminuza mu gihe atarwigiye mu mashuri abanza, cyangwa se ayisumbuye. Umwe muri aba barimu waganiriye n’ijwi ry’Amerika, avuga ati “ntekereza ko kuzatanga […]

Umukobwa waryamanye n’umusore bakundana mbere yo kubana, dore ibyago 8 aba yikururiye

Mu rukundo habamo kwishimisha. Mu rukundo habamo kunezezanya ndetse no kuba hafi y’uwo ukunda ibihe byose, mu buryo bwo kumurinda irungu cyangwa ibindi yajyamo bishobora no kuba ari bibi. Mukobwa, niwishimishanya n’umusore mukundana mutarabana, uzaba wishyize mu bihe bibi bishobora kukubyarira akababaro k’igihe kirekire. 1.Kwiyandarika: Mu gihe cyose uzemera mukaryamana, ashobora guhita agufata nkaho wizera […]

Ibintu 10 waba utaramenye kuri Gen. Bosco Ntaganda, umusirikare utarahiriwe n’urugamba

Gen. Bosco Ntaganda ni umusirikare warwanye intambara mu bihugu bitandukanye, ayobora ingabo biza kurangira ashinjwe ubwicanyi ndengakamere bwakozwe aho yayoboraga ingabo, ubu akaba afunzwe akurikiranyweho ibyaha 18. 1.Bosco Ntaganda yavukiye mu Rwanda Ku wa 5 Ugushyingo 1972, nibwo Bosco yavukiye mu Rwanda mu Ntara y’Amajyaruguru mu Kinigi, ubu ni mu karere ka Musanze, agace k’imisozi […]