Umutoza wa APR FC avuga ko nta kosa na rimwe bemerewe gukinisha gukora

Sangiza iyi nkuru

 Zlatko Krmpotić utoza APR FC yavuze ko biteguye neza umukino iyi kipe igomba gukina na Bugesera FC, intego yabo ni ugutahana amanota atatu by’umwihariko ko nta kosa na rimwe bemerewe gukora ryabagusha mu kubura intsinzi.

Uyu mutoza ukomoka mu gihugu cya Serbia,  Zlatko Krmpotić, avuga ko abakinnyi be biteguye neza umukino uzaba ku wa Gatandatu tariki 27 Mata kuri stade ya Kigali i Nyamirambo, nyuma yo kubuzwa amanota atatu na mukeba wayo Rayon Sports, mu mukino uheruka.

Yagize ati ” Icyo nakubwira ni uko twiteguye neza intego n’ugutahana amanota atatu kuko ubu nta rindi kosa twemerewe gukora kugira ngo amahirwe yo kwegukana igikombe atayoyoka kandi dusa naho tuyafite, rero icyo dushaka ni ugutsinda uriya mukino ibindi bikaza nyuma”.

Nk’uko byatangajwe ku rubuga rw’iyi kipe ya APR FC, Zlatko avuga ko iyi kipe ya Bugesera atari iyo gufata nk’akana, ati “Bugesera nagize amahirwe yo kuyibona ikina na Rayon Sports, nabonye ari ikipe nziza ikindi namenye ni uko inafitemo abakinnyi bamwe bafite ubunararibonye.”

Umukino ubanza wa shampiyona ikipe ya APR FC yanganyije na Bugesera 1-1 mu mukino wabereye ku kibuga cya Bugesera mu karere ka Bugesera. Icyo gihe hari tariki 16 Ukuboza 2018.

APR
Abakinnyi ba APR FC bakajije imyitozo

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *