Umutoza mukuru wa Rayon Sports, Julien Mette w’imyaka 42 arashinja Aruna Majaliwa kwivuza magendu ndetse no gusuzugura abaganga b’ikipe.
Ubwo Rayon Sports yatsindaga Sunrise mu mpera z’icyumweru gishize, umutoza mukuru wa Rayon Sports yaganiriye n’itangazamakuru aho yahishuye byinshi kuri Aruna Majaliwa umaze hafi amezi atatu adakina.
Aruna Majaliwa yamaze hafi amezi atatu adakina nyuma yo guhura n’ikibazo cy’imvune, aho we yemeza ko ikipe yamutereranye gusa yo ikamushinja guta akazi atabimenyesheje.
Majaliwa uherutse kubwira Igihe ko abayobozi ba Rayon Sports ari abagome, ntazakoreshwa ku mukino wo ku wa 9 Werurwe bafitanye na Apr FC.
Julien Mette avuga ko Majaliwa yamaze igihe kinini adakina ko batazamukoresha ndetse ku mukino wa Apr FC ndetse anahishura ko yivuje mu buryo we yita butari bwa kinyamwuga.
Yagize ati: “Yaracyerewe, amaze igihe kingana n’amezi atatu adakina […] yamaze igihe kinini hanze y’ikipe, yanga kumva inama z’abaganga, ntiyanubahiriza amategeko y’ikipe. Yashatse kwivura ku giti cye ajya mu baganga ba gakondo ibintu nk’ibyo bitari kinyamwuga none ubu aracyumva uburubwe.”
Kugira ngo Majaliwa asubire mu kibuga bizasaba ko bazabanza kumucisha muri MRI bamenye niba yarakize cyangwa icyirwaye nk’uko bishimangirwa na Julien Mette.


