019062014085128000000dddddd.jpg

Umuyobozi w’ikinyamakuru yafungiwe mu rubanza rwa Idamange

Sangiza iyi nkuru

Umuyobozi w’igitangazamakuru Umurabyo, Nkusi Uwimana Agnes, kuri uyu wa yaterewe muri yombi mu isomwa ry’umwanzuro w’ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo rya Idamange Iryamugwiza Yvonne.

Isomwa ry’uyu mwanzuro ryabereye mu Rukiko rw’Ibanze rwa Gasabo ryabaye kuri uyu wa 9 Werurwe 2021, Umucamanza ategeka ko Idamange afungwa iminsi 30 y’agateganyo.

Igitangazamakuru Ukwezi kivuga ko umucamanza yari yabujije abanyamakuru bitabiriye iri somwa ry’umwanzuro gufata amajwi.

Gusa ubwo yawusomaga, yaje kumenya ko Uwimana yafataga amajwi akoresheje telefone ye. Ni bwo yaje gusaba uyu munyamakuru ko akuramo ijambobanga kugira ngo arebe amajwi yafashe, nyuma yo kuyareba arayasiba.

Iki gitangazamakuru kivuga ko umucamanza yahise ahamagara umupolisi kugira ngo afunge uyu munyamakuru, akaba yanatangaje ko azamurega kuko “yakoze ibitemewe”.

Uwimana yigeze kumara imyaka ine y’igifungo muri Gereza Nkuru ya Kigali yitwaga 1930, nyuma yo guhamwa n’urukiko ibyaha birimo kuvutsa igihugu umudendezo no gusebya Umukuru w’Igihugu, afungurwa tariki ya 18 Kamena 2014.

019062014085128000000dddddd.jpg
Uwimana (iburyo) yafunganwe na Mukakibibi Saidath (ibumoso) bombi bakoranaga kuri Umurabyo

Yamenyekaniye cyane ku nkuru zinenga ubutegetsi bw’igihugu, icyo gihe ubushinjacyaha bukaba bwaravugaga ko zishingiye ku bihuha.

Nk’uko BBC yabitangaje akimara gufungurwa, Uwimana yatangaje ko azakomeza gukorera itangazamakuru kuri Umurabyo, adahinduye umurongo ariko akarushaho kugira ubushishozi mu byo atangaza.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


Soma Izindi Nkuru

2 Responses

  1. Umuyobozi w’ikinyamakuru yafungiwe mu rubanza rwa Idamange
    Buriya nibwo amenye ko mu rukiko atari mu rukiniro.

  2. Umuyobozi w’ikinyamakuru yafungiwe mu rubanza rwa Idamange
    Buriya nibwo amenye ko mu rukiko atari mu rukiniro.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *