Ukuriye ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Mpunzi, Filippo Grandi, wari uri mu gihugu cy’u Rwanda, kuri uyu wa Kabiri, itariki 27 Mata, ubwe yaherekeje impunzi z’Abarundi zahungutse ziva mu Rwanda azambutsa umupaka w’ibihugu byombi.
Umuvugizi wa HCR mu Rwanda, Elise Villechalane, yabwiye BBC ko Filippo Grandi yakoranye urugendo n’impunzi z’Abarundi 159 zari zivuye mu Nkambi ya Mahama mu Rwanda zitahutse.
Mu masaha ya saa sita ku mupaka wa Gasenyi – Nemba, aba Barundi batahutse bari kumwe na Grandi bakiriwe n’abategetsi b’u Burundi barimo minisitiri w’umutekano, Gervais Ndirakobuca.
Impunzi z’Abarundi n’Abanyekongo ziri mu Rwanda zivuga ko zugarijwe n’inzara kubera igabanuka rya 60% ku mafaranga yo kubatunga bahabwa buri kwezi.
Benshi muri izi mpunzi bari biteze igisubizo mu rugendo rwa Filippo Grandi mu Rwanda, ariko ishami rya Loni rishinzwe ibiribwa, PAM, ari naryo ribaha iyo mfashanyo, rivuga ko rikirimo gusaba ubufasha mu bihugu by’amahanga ngo iyo mfashanyo yiyongere.
Impunzi z’Abarundi zisaga 23,000 nizo zimaze gutaha ziva mu Rwanda kuva muri Kanama 2020.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


