d461210130343d0ce37883f81f31d488

Umuyobozi wa OMS yaraye i Kinshasa

Sangiza iyi nkuru

Umuyobozi w’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima ku Isi OMS/WHO yageze i Kinshasa muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane, aho agiye gufasha kuyobora ibikorwa byo kurwanya Ebola.

Dr Tedros Adhanom Ghebreyesus byitezwe kandi ko azakomeza akagera no mu bice byo mu burasirazuba bw’iki gihugu bikomerewe n’indwara ya Ebola ubu bivugwa ko imaze kwica abarenga 200 mu gihe abayanduye barenga 1,000 kugeza ubu.

Tedros amaze iminsi atanga ubutumwa bw’icyizere no kwifatanya na Congo avuga ko batari bonyine, kandi ko azakora ibishoboka byose ngo abafashe.

Ageze i Kinshasa nk’uko bitangazwa na BBC yagize ati: “Iki cyorezo gishobora guhagarikwa”.

Yavuze ko abahanga barimo kugerageza guhagangana n’ubu bwoko bushya bwa Ebola Bundibugyo bwamaze ibyumweru, cyangwa amezi, bukwirakwira butaraboneka, mu karere k’icyaro mu ntara ya Ituri.

Bitandukanye n’andi moko ya Ebola yaboentse mbere, ubu bwa Bundibugyo ntabwo burabonerwa urukiko kugeza ubu, abahanga bakaba bakomeje gukora ngo barugereho.

Ibihugu bimwe ubu byahagaritse ingendo ziva n’izijya muri DR Congo, birimo na Uganda igihugu gituranyi na Congo.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *