Iteka rishya rya leta y’u Rwanda No. 017/2020 ryo ku wa 07/10/2020 rishyiraho sitati rusange igenga abakozi ba leta, ryasohotse mu igazeti idasanzwe yo ku wa 08/10/2020 mu ngingo yaryo ya 9 igena ibisabwa kugira ngo umuntu yinjire mu bakozi; aho bishoboka ko umwana w’imyaka 16 y’amavuko yaba umukozi wa leta.
Ibyo bishoboka mu gihe Minisitiri abitangiye uruhushya rwanditse nk’uko iyi ngingo ibivuga.
Iteka rya Minisitiri kandi rigena imirimo ibujijwe ku mukozi wa leta ufite kuva kuri iyi myaka kugeza ku utarageza ku myaka 18 y’amavuko; izwi nk’iy’ubukure.
Mu bindi bisabwa kugira ngo umuntu yinjire mu bakozi ba leta harimo:
Kuba ari Umunyarwanda, kuba yujuje ibisabwa kuri uwo mwanya w’umurimo, kuba agejeje ku myaka 18 y’amavuko, kuba atarakatiwe igifungo kingana cyangwa kirenze amezi atandatu,
Kuba atarirukanwe mu kazi ko mu butegetsi bwa leta, keretse yarakorewe ihanagurabusembwa, kuba atagaragara ku rutonde rw’ababujijwe kuba abakozi ba leta no kuba atarakatiwe kubera icyaha cya jenoside cyangwa icy’ingengabitekerezo ya jenoside n’ibindi byaha bifitanye isano nayo.



4 Responses
Umwana w’imyaka 16 ashobora kuba umukozi wa leta y’u Rwanda
Uwazanye iri tegeko afite ikibazo mu mutwe cyangwa afite amanyanga ashaka kurikoresha
Umwana w’imyaka 16 ashobora kuba umukozi wa leta y’u Rwanda
Uwazanye iri tegeko afite ikibazo mu mutwe cyangwa afite amanyanga ashaka kurikoresha
Umwana w’imyaka 16 ashobora kuba umukozi wa leta y’u Rwanda
Ndagshaka umukunz
Umwana w’imyaka 16 ashobora kuba umukozi wa leta y’u Rwanda
Ndagshaka umukunz