Umwana w’imyaka 18 utakwigurira ipantaro ntacyo amaze_Perezida Ndayishimiye

Sangiza iyi nkuru

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye mu butumwa yageneye urubyiruko arushishikariza gukora rukiteza imbere, yavuze ko umwana w’imyaka 18 y’amavuko utashobora kwigurira ipantaro, ntacyo amaze.

Uyu Mukuru w’Igihugu muri videwo dukesha Mashariki TV, avuga ko mbere umwana yororaga urukwavu , inkoko cyangwa ihene, akabasha kwigurira ikabutura none ngo ubu usanga aba ategereje ngo umubyeyi ayimugurire. Ati: “Uzi kudashobora kwigurira ikabutura icyo ari cyo? Uri umwana w’imyaka 18 ntiwigurira ipantaro, ntacyo uba umaze.”

Perezida Ndayishimiye yakomeje asaba urubyiruko gushaka ibyo rwahugiramo biruteza imbere, aho guhugira ku rubuga nkoranyambaga rwa WhatsApp.

Yavuze kandi ko wasanga hari urubyiruko rukoresha rufite telefone rukoresherezamo WhatsApp, kandi rutagira inkoko n’imwe. Ngo urwo rukunze ko rudafite ubushobozi bwo kugura inkoko, akarubaza ati: “None ubushobozi bwo kugura telefone mubukura he? Telefone atari ukukurya, ntacyo ikuzanira. None watunga telefone itagira amainite? Amainite yo muyakura he?”

Yakomeje avuga ko aya mainite urubyiruko rukoresha muri telefone, rwakabaye ruyakoresha mu bworozi bw’amatungo nk’inkoko. Ati: “Arya mainite kurya mugaburira telefone, ni ko wagaburira inkoko yawe, ikaguma ikugaburira kugera aho ikugurira telefone. Reka guhera kuri telefone, hera ku nkoko, inkoko ikugurire telefone.”

Uyu Mukuru w’Igihugu yanzuye ashishikariza urubyiruko gukoresha telefone mu buryo buganisha ku iterambere ry’ubukungu, bitaba ibyo ngo ntacyo yaba imaze.
Kurikira ibiganiro n’ama Video binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *